Menya igihugu gifite gereza imwe ibamo imfungwa ebyiri gusa

Sangiza iyi nkuru

Repubulika ya Nauru, ni igihugu kiri mu burasirazuba bw’amajyaruguru ya Australia, kikaba igihugu gifite abantu babiri bafunzwe na gereza imwe rukumbi.

Iki kirwa gito, Banki y’Isi mu ibarura ryayo ryo mu 2019, yavuze ko gituwe n’abantu 125,500. Kuva mu 2014, gifite gereza imwe.

Urubuga prisonstudies muri raporo yarwo yo mu 2020 yiswe World Prisons Brief (WPB), rwanditse ko kuva mu 2003-2012 muri Nauru hari imfungwa zitari hejuru ya 70.

Mu 2009 nibwo bagize imfungwa nyinshi kuko zari 37 mu gihe mu yindi myaka impuzandengo yari hagati ya 6 na 26 ku mwaka.

Imibare mishya yashyizwe hanze na raporo ya World Prison Population List (WPPL), niyo ivuga ko muri Nauru hafunzwe abantu babiri.

Inavuga ku Isi abantu miliyoni 11 bari mu buroko gusa 1/4 cyabo ni Amerika ibafunze.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV
XMA Header Image
Dr Kayumba asanga amakimbirane ya Uganda n’u Rwanda ashingiye kucyo yise [ NINJYE BOSS ] mu karere
youtube.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *