Abayobozi baravuga ko umugabo yishe byibuze abantu bane abandi benshi barakomereka mu iraswa ryabereye mu muri Kiliziya ya Jesus Christ of Latter-day Saints i Grand Blanc, muri Leta ya Michigan, mbere yo kwicwa na we arashwe n’abapolisi.
Kuri iki Cyumweru, itariki 28 Nzeri, byibuze abantu bane bishwe nyuma y’uko umugabo witwaje imbunda w’imyaka 40 wahoze mu gisirikare arasiye muri kiliziya y’Aba-Mormon muri Leta ya Michigan mu burengerazuba bwa Amerika.
Abantu umunani bakomeretse, umwe muri bo amerewe nabi, nyuma y’irasa ryabereye muri iyo kiliziya iri mu gace ka Grand Blanc, ku birometero 50 mu majyaruguru ya Detroit nk’uko DW ivuga.
Uyu mugabo w’imyaka 40 wahoze ari Umu-Marine witwa Thomas Jacob Sanford, yarashwe n’abapolisi nawe aricwa nyuma yo gukora ayo mahano.
Biravugwa ko ku Cyumweru mu gitondo misa yari yitabiriwe n’abantu babarirwa mu magana, mbere y’uko Sanford aza kuhagera mu modoka ye agaparika.
Yahise asohoka mu modoka atangira kurasa abari mu kiliziya n’imbunda yo kugaba ibitero, ndetse polisi ivuga ko yanatwitse nkana inyubako basengeramo.
Impamvu yamuteye gukora ibi ntiramenyekana, gusa FBI ivuga ko yatangiye gukora iperereza.


