Miliyari 1275.9 frw z’inkunga n’inguzanyo by’amahanga mu bigize ingengo y’Imari ya 2020/2021

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana kuri uyu wa 22 Kamena 2020 yatangarije imitwe yombi y’inteko ishinga amategeko ko mu ngengo y’imari igihugu kizakoresha mu mwaka wa 2020/2021 hazaba harimo miliyari 492.5 z’inkunga z’amahanga naho miliyari 783.4 zikaba inguzanyo, igiteranyo cyayo kingana na miliyari 1275.9 frw

Muri rusange ingengo y’imari ya 2020/2021 izaba ingana na miliyari 3245.7frw avuye kuri miliyari 3017.1frw yari agize ingengo y’imari y’uyu mwaka urangiye, bivuze ko iziyongeraho miliyari 228.6frw angana na 7.5%.

Muri iyi ngengo y’imari yahawe insanganyamatsiko igira iti ”Ukuzahura ubukungu hagamijwe hagamijwe gusigasira imibereho myiza, umurimo n’inganda” Minisitiri Ndagijimana yatangaje ko inkunga z’amahanga zizaba zingana na miliyari 492.5frw angana na 15%, naho miliyari 783.4frw angana na 24.1% zikazaba ari inguzanyo z’amahanga igihugu kizishyura.

Ati ”Muri rusange amafaranga ava imbere mu gihugu wongeyeho inguzanyo z’amafaranga igihugu kizishyura afite uruhare rungana na 84.6% mu ngengo y’imari y’umwaka wose utaha.”

Amafaranga azakoreshwa mu ngengo y’imari isanzwe azagera kuri miliyari 1583frw bingana na 48.8% by’ingengo y’imari yose naho miliyari 1298.5frw bingana na 40% akakoreshwa mu mishinga y’iterambere.

Mu bikorwa bizibandwaho harimo gushyira mu bikorwa ingamba za Leta y’u Rwanda zo kuzahura ubukungu bugasubira ku muvuduko nk’uwo bwariho mbere y’icyorezo cya Covid-19, no kwihutisha gahunda y’imyaka irindwi y’iterambere 2017-2024.

Hari kandi ukubaka ibikorwaremezo by’ubuzima no kuzamura urwego rwabwo,guteza imbere ubuhinzi, kwita ku batishoboye, guteza imbere gahunda ya ‘Made in Rwanda’ n’ibindi.

Minisitiri Ndagijimana yavuze ko bitewe n’icyorezo cya Covid-19 ubukungu bw’u Rwanda muri rusange buzagabanuka ugereranyije n’umwaka urangiye kuko buzazamukaho 2% buvuye ku 9.4% bwari bwazamutseho mu mwaka dusoje.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *