Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, atsinze amatora yari ahanganyemo n’undi mukandida w’umunya Canada, Michaà«lle Jean, y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu Bihuriye ku Rurimi rw’Igifaransa.
Ni amatora yaberaga mu gihugu cya Armenia kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Ukwakira 2018, akaba yari yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango w’ibihugu buhuriye ku gukoresha Ururimi rw’Igifaranda OIF (Organisation internationale de la Francophonie).
Bicishijwe ku rukuta rwa Twitter rwa Perezidansi y’u Rwanda, baragira bati “Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Ibihuriye ku gukoresha Ururimi rw’Igifaransa bemeje Madamu Mushikiwabo nk’Umunyamabanga Mukuru w’uyu Muryango. Perezida Kagame akaba yari amaze kugeza kuri bagenzi be kandidature ya Mushikiwabo nk’umukandida w’u Rwanda na Afurika”.
Min Mushikiwabo azayobora uyu muryango ugizwe n’ibihugu 84 bikoresha ururimi rw’igifaransa mu gihe cy’imyaka ine. Ni ibihugu bituwe n’abaturage basaga Miliyoni 90, bagize 14 % by’abatuye Isi. umuryango w’ibihugu bihuriye ku Rurimi rw’Igifaransa washinzwe mu 1970, ukaba ufite icyicaro i Paris mu Bufaransa.
Intsinzi ya Mushikiwabo yishimiwe na benshi:






