MINISANTE yategetse ko abakora mu mavuriro yigenga bahabwa umushahara uhoraho

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri y’ Ubuzima, MINISANTE, yategetse amavuriro yigenga guhagarika ibyo kugabana inyungu hagati y’umukozi n’ivuriro hashingiwe ku mafaranga yinjiye, ahubwo hagasyirwaho umushahara uhoraho.

MINISANTE yavuze ko impamvu y’iki cyemezo ari uko uburyo bwakoreshwaga hahembwa abakozi, bwagiye bugira ingaruka ku mitangire ya serivisi.

Ivuga ko amavuriro yarebaga inyungu cyane ndetse abantu bagahabwa serivisi zihenze.

Iyi minisiteri yategetse ko umukozi azajya ahembwa umushahara uhoraho, aho kubona ijanisha rishingiye ku byo ivuriro ryinjije nk’uko RBA yabitangaje.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. MINISANTE yategetse ko abakora mu mavuriro yigenga bahabwa umushahara uhoraho
    Iki gitecyerezo ni indashyikirwa

  2. MINISANTE yategetse ko abakora mu mavuriro yigenga bahabwa umushahara uhoraho
    Iki gitecyerezo ni indashyikirwa

  3. MINISANTE yategetse ko abakora mu mavuriro yigenga bahabwa umushahara uhoraho
    Ministere yakagombye no kubikora ku bakozi bakorera muri za Pharmacies zigenga kuko usanga abapharmaciens nifuza cyane ndetse bamwe bakagenda bibye kubera ko ntabwo umupharmacien yakagombye kurusha umuganga(Docteur generalists) wo mu bitaro umushahara,ariko usanga Ari hafi kumukuba kabiri.

  4. MINISANTE yategetse ko abakora mu mavuriro yigenga bahabwa umushahara uhoraho
    Ministere yakagombye no kubikora ku bakozi bakorera muri za Pharmacies zigenga kuko usanga abapharmaciens nifuza cyane ndetse bamwe bakagenda bibye kubera ko ntabwo umupharmacien yakagombye kurusha umuganga(Docteur generalists) wo mu bitaro umushahara,ariko usanga Ari hafi kumukuba kabiri.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *