Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe ari i Riyadh, mu Bwami bwa Arabiya Sawudite, mu ruzinduko rw’akazi yatangiye kuri uyu wa Gatatu ushize.

Mu ruzinduko rwe, yagiranye inama n’Igikomangoma Faisal bin Farhan Al Saud, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Arabiya Sawudite, aho yamushyikirije ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame bugenewe Igikomangoma cy’ikamba Mohammed bin Salman.

Abayobozi bombi baganiriye kandi ku bibazo bifitiye inyungu ibihugu byombi n’uburyo bwo kurushaho gushimangira umubano umaze igihe hagati y’u Rwanda n’Ubwami bwa Arabiya Sawudite, ndetse baganira ku ishoramari, ibikorwa remezo n’ingufu.


