1757312878355PHOTO-2025-09-07-15-06-222

Miss Akaliza Amanda yarongowe mu Bufaransa

Sangiza iyi nkuru

Akaliza Amanda, wabaye igisonga cya mbere cya Miss Rwanda 2021, yakoze ubukwe n’umukunzi we Jonas Treize mu birori byahuje inshuti n’imiryango byabereye mu Mujyi wa Chinon, mu Bufaransa, ku wa Gatandatu tariki 6 Nzeri 2025. Mbere yaho, imihango yo gusaba no gukwa yabereye mu Rwanda ku wa 17 Gicurasi 2025.

Urukundo rw’aba bombi rwatangiye kumenyekana mu Ugushyingo 2022, ubwo Amanda yatangiye gusangiza inshuti ze ibihe byiza yagiranaga na Jonas, bahuriye i Londres imyaka itanu mbere. Mu 2023, byarushijeho kugaragara nyuma y’uko babatijwe ku munsi wa Saint Valentin, Amanda akajya kenshi agaragaza ko anyuzwe n’urukundo rwa Jonas.

N’ubwo buri wese yabaga mu gihugu gitandukanye, ikoranabuhanga n’urukundo rwabo byabafashije kurushaho kwegerana kugeza bigeze ku rwego rwo guhamya isezerano imbere y’Imana.

Chinon, aho ubukwe bwabereye, ni umujyi w’amateka n’ubukerarugendo mu Bufaransa, uzwi ku nyubako za kera zirimo ‘Forteresse Royale de Chinon’, ahabereye ibiganiro by’ingenzi mu mateka y’igihugu hagati ya Joan of Arc na Charles VII mu 1429. Uyu mujyi kandi uzwiho umuco, amasoko n’inzoga zawo za “Chinon wines”, ndetse ubarizwa mu murage w’Isi wa UNESCO.

Amanda na Jonas bahamije urukundo rwabo imbere y’Imana n’imiryango yabo, basezerana gusangira ubuzima bwabo bwose mu byishimo n’amarangamutima menshi.

1757312918339amanda akaliza 1757312670467 1757312938269amanda akaliza 1757312685263 1757312958857amanda akaliza 1757312670468 1757312901641PHOTO 2025 09 07 15 04 17 1757312878355PHOTO 2025 09 07 15 06 222 1757312806606PHOTO 2025 09 07 15 04 16 1757312783894PHOTO 2025 09 07 15 06 231 1757313022746PHOTO 2025 09 07 21 00 54

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *