Moscow: Umunyamakuru ushinjwa gukorera CIA aratangira kuburana nyuma y’umwaka afashwe

Sangiza iyi nkuru

Umunyamakuru w’Umunyamerika, Evan Gershkovich, arashinjwa kuba intasi ya CIA kandi afungiye muri gereza y’i Moscou ubu hashize umwaka urenga. Ashobora gufungwa imyaka 20, keretse aramutse arokowe no guhinduranya imfungwa ku munota wa nyuma.

Intambara y’u Burusiya muri Ukraine yari imaze hafi umwaka umwe ubwo Evan Gershkovich yageraga i Yekaterinburg, mu nsi y’imisozi ya Ural, ku wa 29 Werurwe 2023. Yari yagiye gukora ubushakashatsi ku nkuru yavugaga ku kigo cya Wagner ndetse n’uburyo gikoresha mu gushaka abarwanyi b’abacanshuro kandi byashoboka akumva icyo abarusiya batekereza kuri uyu mutwe w’abacanshuro.

Yekaterinburg kandi ni icyicaro gikuru cya Uralvagonzavod, isosiyete nini y’igisirikare cy’u Burusiya, ikora ibikoresho birimo nk’ibifaru byo gukoresha muri Ukraine. Ese iyi yaba ari yo mpamvu Gershkovich yari hariya hantu, mu hantu hose, mu bilometero 1.800 mu burasirazuba bwa Moscou? Igisubizo ntigisobanutse, gusa, ikigaragara ariko, ni uko gusura uyu mujyi bizagena ahazaza he nk’uko tubikesha Deutsche Welle.

Abashinzwe umutekano mu Burusiya bafunze Gershkovich bamushinja kunekera Amerika. By’umwihariko, bavugaga ko yoherejwe na CIA gukusanya amakuru y’ibanga ajyanye no gukora no gusana ibikoresho bya gisirikare. Ifatwa rye ryari ubwa mbere, kuva Intambara y’ubutita yarangira, u Burusiya bufunze umunyamakuru w’Umunyamerika.

Gershkovich yimuriwe muri gereza izwi cyane ya Lefortovo i Moscou. Ahahoze ikigo cy’iyicarubozo cy’icyahoze ari ubutasi bw’u Burusiya buzwi nka KGB, uyu munsi ni gereza y’agateganyo. Afungiyeyo kuva yatabwa muri yombi. Gusa ubu, nyuma y’amezi 15 nyuma yo gufungwa bwa mbere, urubanza rwe ruteganijwe gutangira kuri uyu wa Gatatu.

Gershkovich w’imyaka 32 y’amavuko, yari atuye kandi akorera mu Burusiya kuva mu 2017, aho yabanje kuba umunyamakuru w’ikinyamakuru The Moscow Times, hanyuma akorera ibiro ntaramakuru AFP. Mu 2022, yatangiye gutanga amakuru mu kinyamakuru The Wall Street Journal ava mu bihugu byahoze ari iby’Abasoviyeti.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *