Mozambique: Byibuze abantu 6 biciwe mu myigaragambyo abandi barakomereka

Sangiza iyi nkuru

Muri Mozambike, byibuze batandatu bapfuye kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 13 Ugushyingo 2024, bazize imyigaragambyo yabereye i Nampula, mu majyaruguru y’igihugu. Iri ni isuzuma ryambere ryakozwe n’umuryango utegamiye kuri leta, wemeje ko hanakomeretse umunani bakomerekejwe n’amasasu muri uyu murwa mukuru w’intara .

Kuri uwo munsi hari hatangiye icyiciro cya 4 cy’imyigaragambyo yamagana ibyavuye mu matora, yahamagajwe na Venãncio Mondlane, wari kandida perezida watsinzwe mu matora. Iki cyiciro kigomba kumara iminsi itatu. I Maputo, umurwa mukuru w’igihugu, ho ibintu byakomeje gutuza.

I Maputo, kuri Avenue des Accords i Lusaka, Nelson, w’imyaka 23, yari ategereje minibus imujyana ku kazi. Ntabwo ari ubushake bwo kujya kwigaragambya yabuze, ahubwo ngo ni uburyo nk’uko yabitangarije RFI. Ati: “Uyu munsi, bamwe bashobora kujya kwigaragambya, ariko twe abari hano dukeneye kubona umugati wo kugaburira imiryango yacu. Ntabwo ndambiwe imyigaragambyo. Ikindi gihe wenda nzifatanya nabo, bizaterwa ”.

Iyi nkuru ikomeza ivuga ko abashinzwe umutekano boherejwe mu gitondo cyo kuwa Gatatu baciye intege abigaragambya. By’umwihariko kuva kuwa Kabiri, Komanda wa polisi, Gen. Bernardino Rafael, yibihanangirije agira ati: Abapolisi biteguye guhangana n’icyo yavuze ko ari “iterabwoba ryo mu mujyi”. Ati: “Iyi ntabwo ari imyigaragambyo y’amahoro, ahubwo ni imyigaragambyo ikaze, ifite imyumvire yo guhirika ubutegetsi igamije guhungabanya itegeko nshinga rya Mozambike. Imyigaragambyo irahagije. Dusubire ku kazi ”.

Kuva aho yihishe, Venancio Mondlane we akomeje gukusanya abamushyigikiye kuri Facebook, aho mu gitondo cyo kuwa Gatatu, yashyize ahagaragara amashusho agira ati: “Ntabwo tuzasubira inyuma, tutitaye ku magambo y’ubusazi, ndetse no kwiheba, yavuzwe na Komanda mukuru Bernardino Rafael. Niba abapolisi bashaka gukoresha urugomo, twibutse ko abaturage bafite uburenganzira bwo kwirwanaho. »

Muri iki gitondo cyo kuwa Gatatu, amaduka menshi yakomeje gufungwa muri Maputo rwagati. Kuri Karl Marx Avenue, nta buzima bwari buhari.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *