Ku bw’ububasha ahabwa n’amategeko, Perezida Pierre Nkurunziza w’u Burundi, yafunguye imfungwa 48 ku wa 18 Nyakanga, umunsi hibukwaho intwari Nelson Mandela.
Izi mfungwa 48 zari zifungiye muri gereza ya Mpimba, zikaba zahawe imbabazi ubwo hizihizwaga umunsi wo kwibuka intwali Nelson Mandela wayoboye Afurika y’Epfo nyuma yo gufungwa imyaka 27, aharanira uburenganzira bw’imfungwa ndetse n’ivanwaho ry’irondaruhu.
Ibirori byabereye muri gereza ya Mpimba, mu mujyi wa Bujumbura, byitabirwa na Visi perezida wa mbere, Gaston Sindimwo akaba yatangaje ko izi mfungwa zarekuwe zigizwe n’izarangije igifungo ndetse n’abandi bahawe imbabazi n’umukuru w’igihugu, Pierre Nkurunziza.
Yagize ati “Uyu munsi tuwizihije kugira ngo twamagane ibyakorewe Nelson Mandela, ni nacyo cyatumye dufata umwanzuro wo kubohora izo mfungwa”.
Mu barekuwe harimo abagore bane bashaje, aribo Dorothée Ntahomvukiye, akomoka mu Kanyosha w’imyka 78, Anastasie Ntacoripfa w’imyaka 64, Gertrude Ntibarekewe afite imyaka 66 hamwe na Anastasie Ntahomvukiye w’imyaka 64.
BBC itangaza ko mu Burundi habarurwa gereza 11 zikaba zifungiyemo imfungwa zisaga ibihumbi icyenda, ubu bucukike ngo bukaba buteye impungenge abashinzwe guharanira uburenganzira bw’imfungwa.
Minisitiri w’ubutabera, Aimé Laurentine Kanyana nawe wari muri uwo muhango, akaba yavuze ko barimo gushaka umuti w’ubu bwinshi bw’imfungwa hihutishwa imanza.
Nelson Mandela wibukwa ku wa 18 Nyakanga, niyo tariki yavukiyeho mu 1918, ntafatwa nk’intwari ya Afurika y’Epfo gusa, kuko amahanga yose amufata nk’intwari. Ku ruhande rw’u Burundi, Mandela yagize uruhare kugira ngo hasinywe amasezerano y’i Arusha yo guhagarika intambara no kunga abarundi.


