MTN irashinjwa gutera inkunga abakora iterabwoba barimo na Al-Quaeda

Sangiza iyi nkuru

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirarega Kompanyi y’itumanaho, MTN gutera inkunga abakora iterabwoba barimo n’umutwe wayogoje Isi wa Al- Qaeda

Amerika ishinja MTN ko yishyura amafaranga abakora iterabwoba mu rwego rwo kwirinda mu gihugu cya Afghanistan nk’uko BBC ibitangaza.

Ibi birego kuri ubu biri mu rukiko rwa Washington D.C kuva kuwa Gatanu w’icyumweru gishize bivuga ko MTN yakoze ibinyuranye n’amategeko ya Amerika agenga ibyo kurwanya iterabwoba.

Iki kirego cyatanzwe mu mwanya w’Abanyamerika bafite ababo baguye muri Afghanistan.

Bivugwa ko mu mitwe yishyuwe amafaranga ataratangazwa umubare harimo Al-Qaeda n’aba Taliban. Aya ngo ni yo yafashije Abatalibani gutangiza ibitero muri Afghanistan hagati ya 2009 na 2017.

MTN ngo yakoze ibi mu rwego rwo kwigura ngo iminara yayo y’iyumanaho itibasirwa n’ibitero by’iyi mitwe ikora iterabwoba.

Biravugwa ko kuwa Mbere tariki ya 30 Ukuboza 2019, MTN yasuzumye ibi birego. Ivuga ko” izakomeza gukora ubucuruzi mu buryo bwemewe aho ikorera hose.”

Si MTN gusa iregwa ibi birego kuko ngo hari n’izindi kompanyi eshanu ziregwa ibi birego.

MTN ni kompanyi y’itumanaho ikomoka muri Afurika y’Epfo. Ni iya munani mu zikomeye mu bucuruzi bw’itumanaho ku Isi aho ifite abayikoresha bagera kuri miliyoni 24.

MTN mu 2015, yaciwe miliyari eshanu z’amadolari ya Amerika nyuma yo kwanga guhagarika simukadi (sim card) zari zitabaruye zakoreshwaga muri Nigeria.

Aya mafaranga yaje kugabanywa ajya kuri miliyari 1.7 bitewe n’ibiganiro byabaye hagati y’uwayoboraga Afurika y’Epfo icyo gihe, Jacob Zouma na Nigeria.

Muri Gashyantare 2019, Ambasaderi wa Afurika y’Epfo yafatanwe miliyari 31.1 z’amadolari zari zigiye gutangwa nka ruswa kugira ngo MTN yemererwe gukorera mu gihugu cya Iran.

Muri Uganda iyi kompanyi yatunzwe agatoki ko ikwepa imisoro ndetse ngo yakoreshaga Abanyarwanda yakekagaho kuba intasi. Aba barirukanwe ariko bahakana ibyo baregwaga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *