Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashyize indabo ku rwibutso rw’intwari kuri uyu wa 1 Gashyantare 2017, mu rwego rwo kuziha agaciro ndetse n’icyubahiro zaoranye.
Hari mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro igikorwa cyo kwizihiza umunsi mukuru w’intwari mu Rwanda, aho abanyarwanda bose muri rusange bawizihirije hirya no hino mu midigidi yabo aho batuye.

Kuri iyi nshuro, uyu munsi wari wahawe insanganyamatsiko igira iti”ubutwari ni uguhitamo ibitubereye.”
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame niwe wafunguye uyu muhango mu gikorwa yari yaherekjwemo n’abandi bayobozi bakuru mu gihugu barimo umuyobozi w’Urukiko rw’Ikirenga Sam Rugege, Ambasaderi ucyuye igihe wa Uganda mu Rwanda n’umuyobozi w’urwego rushinzwe intwari impeta n’imidariby’ishimwe Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi, umuyobozi mukuru wa Police y’u Rwanda Minisitiri w’ingabo Kabarebe James, Perezida wa Sena, Makuza Bernard n’abandi



Soma inkuru bifitanye isano
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com


