Ikipe ya APR Volleyball Club yegukanye igikombe cya shampiyona ya Volleyball, nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma UTB amaseti 3-2.
Wari umukino wa nyuma w’ishiraniro amakipe yombi yari yahuriyemo kuri petit Stade, i Remera.
APR VC yegukanye iseti ya mbere ku manota 25 kuri 23 ya UTB yemwe inatangira iseti ya kabiri iri hejuru cyane, gusa UTB ibifashijwemo n’abasore bayo nka Niyogisubizo Tyson, Ntarengwa Olivier na Madison iza kwigaranzura APR iyitsinda amanota 25 kuri 19.
UTB yagarutse mu iseti ya gatatu yariye karungu, iyitwara biyoroheye cyane ku manota 25 kuri 13 ya APR.
APR VC yagurutse mu iseti ya kane yakosoye amakosa abakinnyi bayo bakoraga, iyitwara ku manota 25 kuri 22.
Nyuma y’uko amakipe yombi yanganyaga amaseti 2-2, hiyambajwe iseti ya kamarampaka maze APR iyitwara ku manota 15 kuri 12 ya UTB yari yabanje kuyiyobora kugeza ubwo igira amanota 10 APR ifite arindwi.
Uretse APR yegukanye igikombe mu bagabo, mu bari n’abategaeugori igikombe cyatwawe na UTB Women Volleyball Club itsinze APR amaseti 3-2.
APR yatwaye igikombe cya shampiyona mu bagabo na UTB yagitwaye mu bari n’abategaeugori, zahembwe 1,000,000Rwf ndetse zinabona itike yo guhagararira u Rwanda mu mikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane wa Afurika.
Ikipe zabaye iza kabiri zahawe amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 800, naho iza gatatu zihabwa ibihumbi 500.


