Muhanga: Uwishe umwana we kinyamanswa akoresheje igice cy’ibati yakatiwe imyaka 20 y’igifungo

Sangiza iyi nkuru

Kuwa 27 Nyakanga 2018 Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga nyuma yo kwiherera rwahanishije  igihano cy’igifungo cy’imyaka 20  uwitwa  Mubonyereza Claudine w’imyaka 20 y’amavuko Ubushinjacyaha bwari bukurikiranyeho  icyaha cyo kwihekura .

Kuwa  24 Nyakanga 2018 nibwo Ubushinjacyaha ku  Rwego Rwisumbuye rwa  Muhanga rwasabiye igihano cy’igifungo cya burundu uwitwa  Mubonyereza Claudine w’imyaka 20 y’amavuko wari ukurikiranyweho  icyaha cyo kwihekura .  

Iki cyaha Claudine akurikiranyweho n’Ubushinjacyaha, akekwaho kuba yaragikoze taliki ya 25 Gicurasi 2018 , ubwo yabyaye umwana ugejeje igihe kandi muzima nyuma akamwica kinyamaswa  akoresheje igice cy’ibati yakase akakimukatisha ku  ijosi kugeza apfuye yarangiza akamujugunya mu musarani .

Iki akaba ari icyaha giteganywa kandi kigahanishwa n’ingingo ya 143 yo mu gitabo cy’amategeko ahana  ibyaha mu Rwanda nk’uko iyi nkuru y’Ubushinjacyaha Bukuru ivuga

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *