Murumuna wa Nangaa wagizwe Guverineri, yitandukanyije na mukuru we ushaka guhirika Tshisekedi

Sangiza iyi nkuru

Murumuna wa Coroneille Nangaa ,Christophe Nangaa, wamaze gutangazwa nka guverineri w’intara ya Haut-Uélé, yitandukanije na mukuru we nyuma y’uko aherutse gushinga Ihuriro ry’Inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bwa Leta ya Congo.

Uyu mugabo watangajwe ku rutonde rw’abadepite batsinze amatora yo ku rwego rw’inteko zishinga amategeko z’intara muri DR Congo, yavuze ko abantu badakwiye kumurebera mu gatebo kamwe na mukuru we Coroneille Nangaa kuko afite ibitekerezo bye n’undi akagira ibye.

Yabivuze mu kiganiro n’abanyamakuru kuri iki Cyumweru taliki 21 Mutarama 2023 i Kinshasa, aho yavuze ko atandukanye n’umuvandimwe we Corneille Nangaa ku murongo w’ibitekerezo.Ati”“Ni umuvandimwe. Ndi umwana wa kane nyuma ya Nangaa.Ibyo arimo gukora “bimureba wenyine ntaho bahuriye.”

Yakomeje agira ati”Umuryango wa Nangaa ntiwigeze ufata intwaro. Ni umuntu mukuru. Yahisemo inzira ye natwe twahisemo iyacu.Natoye Felix Tshisekedi. Iwacu ku ivuko, data, yatoye Felix Tshisekedi. Sinzi ko hari ikindi kintu umuntu yakora ngo ahamye uburyo turi mu ruhande rwa Union sacrée.” Iryo ni ihuriro ry’amashyaka ashyigikiye Tshisekedi.

Corneille Yobeluo Nangaa yahoze ari perezida wa komisiyo y’amatora kuva mu 2015 kugeza mu 2021, nyuma ntiyavuze rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi ndetse atangaza ko ashaka kwiyamamariza kuba perezida, nyuma yiyunze ku mutwe wa M23.

Mu 2023 nibwo yashinze ishyaka “Action pour la dignité du Congo et de son peuple” (ADCP) nyuma y’uko 2021 avuye kumwanya wa Perezida ya Komisiyo y’amatora CENI , ari nabwo yatangiye kutavuga rumwe na Tshisekedi.

Ntibyarangiriye aho kuko Coroneille Naanga yahise ashinga impuzamashyaka yise Alliance Fleuve Congo(AFC), ahurizamo imitwe y’inyeshyamba zirimo na M23 isanzwe iharanira uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda bukomeje guhungabanywa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *