Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, ni we ugomba kuba umuhuza mu biganiro hagati ya Leta ya Ethiopia n’inyeshyamba za TPLF bamaze igihe bahanganye.
Ni amakuru yemejwe na Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Museveni ndetse akanaba Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka.
Kuri Twitter yagize ati: “Nashoboye kumvisha intwari yacu y’impinduramatwara, umuhanuzi wacu, umujenerali wacu w’umushishozi Museveni kugira uruhare mu nzira y’amahoro. Ndacyizeye ko tuzagera ku mahoro.”
Kuri ubu imyaka irakabakaba ibiri Ingabo za Ethiopia zihanganye n’inyeshyamba z’ishyaka TPLF, mu ntambara yatumye ababarirwa muri za miliyoni bava mu byabo.
Mu mezi yashize impande zombi zari zashoboye kugera ku masezerano yo guhagarika imirwano, gusa mu minsi ishize zongera gusubukura imirwano.
Muhoozi yavuze ko se agomba guhuriza mu biganiro Leta ya Ethiopia na TPLF mu gihe aheruka kugirira uruzinduko muri Ethiopia.
Ni uruzinduko rwasize agiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe, Dr Abiy Ahmed, amwinginga amusaba ko amahoro yahinda.
Mu minsi yashize Museveni yari yagerageje guhuza impande zombi, gusa Ethiopia ibitera utwatsi ivuga ko TPLF ari umutwe witwaje intwaro ukwiye ibikorwa bya gisirikare.


