G-tC3m6XYAAVkRXf-e7659ad4-6cf73

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya 7

Sangiza iyi nkuru

Komisiyo y’amatora muri Uganda, yatangaje ko Yoweri Kaguta Museveni wari usanzwe ari Perezida w’iki gihugu yongeye gutorerwa kukiyobora, nyuma yo gutsinda amatora yabaye ku wa Kane w’iki cyumweru.

Museveni yatsinze amatora ku majwi 71.65%. Ni nyuma yo gutorwa n’ababarirwa muri 7,946,772.

Uyu mukambwe w’imyaka 81 y’amavuko usanzwe ari Perezida wa Uganda kuva mu 1986, yahigitse abakandida barindwi bahatanye barimo umunyamuziki wahindutse umunyapolitiki, Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine.

Kyagulanyi ni we wamuguye mu ntege n’amajwi 24,72%.

Uyu mugabo icyakora abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yateye utwatsi ibyavuye muri ariya matora, ashimangira ko yabayemo uburiganya.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *