1751736304933

Museveni yongeye gutorerwa kuyobora NRM

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yongeye gutorerwa kuyobora ishyaka NRM (National Resistance Movement) ku mwanya wa Chairman, mu gihe yitegura kongera kwiyamamariza kuyobora igihugu mu matora ya 2026.

Mu ijambo yavugiye i Kampala nyuma yo kwemezwa nk’umukandida, Museveni yatangaje ibintu bitandatu azibandaho muri manda nshya y’imyaka itandatu: amahoro, iterambere, ubukire, akazi, serivisi n’isoko. Yavuze ko ibi ari ingenzi mu gufasha Uganda n’Afurika yose kudasigara inyuma nk’uko byagenze mu mateka.

Yagize ati: “Ndi hano kugira ngo ndusheho gusobanurira Abanya-Uganda akamaro k’ibi bintu bitandatu. Amahoro si ukutagira intambara gusa, ni no kurwanya ibyaha. Iterambere ni imihanda, amashanyarazi, amashuri n’ibindi. Ubukire bugomba kugera ku rugo rwose, akazi kagahangwa, serivisi zikanozwa kandi isoko rikaguka.”

Museveni yavuze ko indi mpamvu yatumye yongera kwiyamamaza ari ugutegura abayobozi bazaharanira ko Uganda iva mu rwego rw’ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere (GDP ya miliyari $66) ikagera ku rwego rw’ibihugu biri ku rwego ruri hejuru, ifite GDP ya miliyari $500 mu myaka iri imbere.

Yagarutse ku kamaro ko kongerera agaciro ibikomoka kuri Uganda nk’inzira yo kongera inyungu no guhanga imirimo.

Ati: “Icyo tugomba gukora ni ugutunganya ibyo dufite: zahabu, umuringa, ikawa, ibinyamisogwe n’ibindi, aho kubigurisha bitararangizwa. Ibi nibyo bizana uruganda hano, bikazamura n’ubukungu.”1751736298038175173630258717517363049331751736307287

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *