Mutsinzi Ange yasinyishijwe n’ikipe yo muri Portugal

Sangiza iyi nkuru

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ wanakiniraga APR FC, Mutsinzi Ange Jimmy, yerekeje mu kipe ya ya CD Trofense yo mu cyiciro cya kabiri muri Portugal.

Uyu musore ukomoka mu Byimana yasinye amasezerano y’imyaka ibiri, nk’uko iriya kipe yabyemeje ku rubuga rwayo rwa Instagram.

Amakuru avuga ko Ange wari warasoje amasezerano y’imyaka ibiri muri APR FC yatanzweho $ ibihumbi 150, arimo $ ibihumbi 30 agomba gutwarwa na APR FC.

Mutsinzi Ange yerekeje mu ikipe ya Trofense, nyuma yo gutsindwa igeragezwa mu kipe ya Oud – Heverlee Leuven yo mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi.

Mutsinzi Ange yari umukinnyi wa APR FC kuva muri 2019 nyuma yo kuyigeramo avuye muri Rayon Sports.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *