Napoli yatsinze Juventus itwara Coppa Italia, David Luiz ateza Arsenal Man City

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Napoli yaraye yegukanye igikombe cy’Ubutaliyani (Coppa Italia) cya gatandatu mu mateka yayo, nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma Juventus de Tulin kuri penaliti 4-2.

Ni nyuma y’uko iminota isanzwe y’umukino yari yarangiye amakipe yombi anganya 0-0.

Arkadiusz Milik ni we watsinze Penaliti yahesheje Napoli igikombe, nyuma y’uko penaliti ya Paulo Dybala yari yakuwemo n’umuzamu Alex Meret, mu gihe iya Danilo yagiye hanze y’izamu.

Mu gihe abakinnyi ba Napoli barimo Lorenzo Insigne, Matteo Politano na Maksimovic bari bamaze kwinjiza penaliti zabo, amaso yose yari ahanzwe Milik waje kubyitwaramo neza.

Gutsinda Juve byafashije Gennaro Gatuso wabiciye mu makipe yiganjemo iya Milan AC yegukana igikombe cye cya mbere nk’umutoza wa Napoli.

Muri rusange iminota isanzwe y’umukino yaranzwe n’uburyo budakomeye cyane ku mpande zombi, uburemereye bwabayeho akaba ari ubwabonetse mu minota ya nyuma y’umukino ubwo Nikola Maksimovic yateraga n’umutwe umupira uremereye mu izamu rya Juventus, bikarangira umuzamu Gianluigi Buffon awukuyemo.

Arsenal yasubukuye nabi shampiyona y’Abongereza

Mu gihe ikipe ya Napoli yariho yishimira gutwara Coppa Italia itsinze Juventus, mu Bwongereza ho byari amarira ku bakunzi b’ikipe ya Arsenal yarimo ihabwa isomo rya ruhago na Manchester City yari yasuye ku kibuga El Etihad. Hari mu mukino wa shampiyona y’Abongereza yari yasubukuwe nyuma y’amezi atatu yarasubitswe kubera Covid-19.

Ibitego 3-0 byari bihagije kugira ngo umutoza Pep Guardiola yereke Mikel Arteta wahoze amwungirije ko hari byinshi agikwiye kwiga.

Manchester City yafunguye amazamu ku munota wa 43 w’umukino, ku gutego cyatsinzwe na Raheem Sterling wari wiherewe kado n’Umunya Brazil, David Luiz washatse gukiza izamu umupira bikarangira utagiye ku kirenge cye.

Uyu munya Brazil utahiriwe n’uyu mukino, igice cya kabiri kigitangira yeretswe ikarita itukura, nyuma yo gutura mu rubuga rw’amahina umunya-Algeria Riyad Mahrez.

Ni ikarita yakurikiwe n’igitego cya kabiri cyatsinzwe kuri penaliti n’Umubiligi, Kevin De Bruyne.

Man City yarushaga cyane ikipe ya Arsenal, yatsinze agashinguracumu ku munota wa 90+2 ibifashijwemo n’Umwongeleza, Phill Foden.

Uyu mukino ikipe ya Arsenal yawurushijwemo cyane, dore ko yawusoje nta n’ishoti na rimwe rigana mu izamu rya Manchester City iteye.

Gutsinda Arsenal byafashije iyi kipe y’i Manchester kugumana umwanya wa kabiri ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 60, ikaba irushwa na Liverpool ya mbere amanota 22. Iyi Liverpool izamanuka mu kibuga ku cyumweru ikina na Everton muri derby ya Merseyside.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *