NATO yatumiye Ukraine mu nama

Sangiza iyi nkuru

Umuryango NATO uhuza ibihugu bikomeye ku mugabane w’Uburayi, Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada watumiye Ukraine itari umunyamuryango mu nama uteganya mu cyumweru gitaha, yiga ku ntambara iri kubera muri Ukraine.

NATO ku wa 29 Werurwe 2022 yatangaje ko iyi nama izahuriza ba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu biyigize uko ari 30 ku cyicaro kiri i Brussels mu Bubiligi.

Yatumiwemo kandi abandi baminisitiri b’ububanyi n’amahanga 7 b’ibihugu bitari muri NATO, byose byamaganye ibitero by’u Burusiya muri Ukraine.

NATO yagize iti: “Ba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga ba Australia, Finland, Georgia, Japan, Koreya y’Epfo, New Zealand, Sweden na Ukraine ndetse n’abahagarariye komisiyo y’ububanyi n’amahanga y’Ubumwe bw’Uburayi bazitabira inama yo ku wa 7 Mata.”

Ariko uyu muryango wemeza ko hari bamwe muri aba baminisitiri bazitabira iyi nama bifashishije uburyo bw’ikoranabuhanga rihuza amashusho bwa Video Conference, nk’uko CNN yabitangaje.

Iyi nama izaba ikurikiye indi ikomeye yahuje ba Perezida n’abahagarariye ibihugu bigize NATO, barimo Perezida wa USA, Joe Biden na Emmanuel Macron w’u Bufaransa.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. NATO yatumiye Ukraine mu nama
    Ariko, RUSSIA, CHINA, NORTH COREA, IRAN, SYRIA, BELLARUSIE NA ERITREA bakoze umuryango wubutabarane nabo bagashaka uko bawita umeze nka NATO

  2. NATO yatumiye Ukraine mu nama
    Ariko, RUSSIA, CHINA, NORTH COREA, IRAN, SYRIA, BELLARUSIE NA ERITREA bakoze umuryango wubutabarane nabo bagashaka uko bawita umeze nka NATO

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *