Ndi inkota ikeba ku mpande zombi_Bobi Wine

Sangiza iyi nkuru

Ubwo yasubukuriraga ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Kibuku muri Uganda, umukandida Depite Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) yiyise inkota ikeba ku mpande zombi.

Ni umunsi uyu munyapolitiki akaba n’umuhanzi, yigaragajemo mu buryo budasanzwe, aho yari yambaye ibikoresho birinda amasasu nk’agakoti (anti-balle) n’ingofero y’icyuma (casque).

Bobi Wine kandi yari yambaye n’isarubeti itukura, ijya kugira imiterere nk’iy’abakanishi. Yasobanuriye abaturage ba Kibuku ati: “Mwabonye Kyagulanyi bihagije, ubu reka mbahe kuri Bobi Wine.”

Yakomeje yibutsa aba baturage uburyo imodoka ye yarashwe amapine n’ikirahuri tariki ya 1 Ukuboza 2020, n’uburyo nta cyo byahungabanyije kuri ibi bikorwa byo kwiyamamaza. Ati: “Ubwo barasaga ku modoka yanjye, abantu benshi batekereje ko mpagarika kwiyamamaza.”

Mu kugaragaza ko ari umuntu udakangwa, Bobi Wine yigereranyije n’inkota ikeba ku mpande zombi, aho yagize ati: “Ndi inkota ifite ubugi ku mpande zombi, nje nka Bobi Wine.”

Izina Kyagulanyi ni ryo yiswe kuva mu bwana bwe, rikaba ari naryo akoresha muri politiki. Ni mu gihe Bobi Wine ari izina ry’ubuhanzi. Kuri we, ni nk’aho yashatse kuvuga ko yigaragariza abaturage mu buryo bubiri; nk’umunyapolitiki ndetse nk’umuhanzi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *