Ni cyo gihe noneho ngo twubake ikipe ikomeye_Aba-Rayon kuri Messi

Sangiza iyi nkuru

Abafana ba Rayon Sports cyo kimwe n’ab’andi makipe akomeye hirya no hino ku Isi, bigambye ko igihe cyigeze ikipe yabo igasinyisha kabuhariwe Lionel Messi.

Ni nyuma y’uko uyu munya-Argentine yahindutse umukinnyi wigenga, bijyanye n’uko amasezerano yari afitanye na FC Barcelona yari abereye Kapiteni yamaze kurangira.

Kuba Messi yarangije amasezerano yari afitanye na FC Barcelona, bisobanuye ko ikipe yose yamwifuza yujuje ibyo akeneye baganira.

Abafana b’amakipe atandukanye bakomeje gukwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga amafoto mahimbano ya Lionel Messi ari mu myambaro y’amakipe bihebeye.

Amafoto ya Messi ari mu myambaro y’amakipe nka Liverpool, Manchester United, Chelsea, Real Madrid n’andi menshi ari kuzenguruka ku mbuga nkoranyambaga.

Abafana ba Rayon Sports na bo batangiye gukwirakwiza ifoto mpimbano (Photoshop) ya Lionel Messi ari mu mwambaro w’ikipe yabo.

Si bwo bwa mbere iyi foto ikwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, kuko no mu mpeshyi ya 2020 ubwo Messi yatangazaga ko atacyifuza gukinira FC Barcelona iyi foto na bwo yaciye ibintu.

Kuri iyi nshuro by’umwihariko Messi yarangije amasezerano ye, mu gihe Rayon Sports iheruka kwitwara nabi muri shampiyona ikarangiza ku mwanya wa karindwi.

Bamwe mu bafana ba Rayon Sports basa n’abatebya, bavuze ko Lionel Messi yaba itangiriro ryiza Rayon Sports yakubakiraho ikipe ikomeye.

Uwiyita NTUZABIMBAZE kuri Twitter yifashishije ifoto ya Messi ari mu mwambaro wa Rayon Sports, atungira agatoki iriya kipe ayimenyesha ko ari cyo gihe noneho ngo yubakire kuri Messi.

Ati: “Nshuti Rayon Sports, iki nicyo gihe noneho ngo twubake ikipe ikomeye.”

Nzabonimpa Marcel na we yunzemo ati: “Rayon Sports mwatuguriye uyu mukinnyi koko, ko yabuze ikipe kandi mwe ntabataka mufite?”

Undi wiyita Emera na we ati: “kunkunga ya Munyakazi Sadate uyu mukinnyi ntakabuza ndamuzanira Rayon Sports.”

Abafana benshi ba Rayon Sports bo bagiye bavuga ko iyi kipe yamaze kumvikana na Lionel Messi ngo abe yayibera umukinnyi.

Messi azakina he mu mwaka utaha

Umunyamakuru w’umunya-Espagne Guillem Balague, aheruka gutangaza ko FC Barcelona yazamuye urwego rwayo mu kwihutisha ibiganiro byayo na Messi, ku buryo mu gihe cya vuba impande zombi zishobora gusinyana amasezerano mashya y’imyaka ibiri.

BBC yasubiyemo amagambo ya Balague iti: “Kongerera Messi amasezerano biri mu byo Perezida mushya Joan Laporta ashyize imbere kandi ubu ari kubiganiraho na se wa Messi akanaba umuhagarariye, Jorge Messi.”

Guillem Balague yakomeje avuga ko kugira ngo FC Barcelona ibashe kugumana Lionel Messi, isabwa kugabanyiriza abakinnyi bayo imishahara ingana na miliyoni 200 z’ama-Euro kugira ngo itagongwa n’itegeko rya Financial Fair Play.

Yunzemo ati: “Messi azi ko ikipe imushaka, ariko magingo aya ntacyo araganira na bo, ategereje mbere na mbere kumva ibyo FC Barcelona imuha.”

Perezida wa FC Barcelona, Joan Laporta, na we yashimangiye ko iyi kipe yifuza ko Messi yakongera amasezerano, ndetse na we akaba afite ubwo bushake.

Aganira na El Transistor yagize ati: “Turashaka ko aguma hano kandi na Leo ashaka kuhaguma, buri kimwe kiri mu nzira. Tugomba gukemura ikibazo cya Financial Fair Play ariko turi mu nzira yo kubona igisubizo cyiza ku mpande zombi.”

Ibi bivuze ko ibyo kuba Messi yakinira Rayon Sports ari inzozi zidashoboka.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Ni cyo gihe noneho ngo twubake ikipe ikomeye_Aba-Rayon kuri Messi
    Namwe rwose ntimugasesetse ubuse koko Gasenyi usibye nokurota Messiyakwemera gushonga nkisabune kuburyo yarangira nkabombo kweri!!hhhhhhha babanje see bakagura umukinnyi muri Vita crebe tukemera

  2. Ni cyo gihe noneho ngo twubake ikipe ikomeye_Aba-Rayon kuri Messi
    Namwe rwose ntimugasesetse ubuse koko Gasenyi usibye nokurota Messiyakwemera gushonga nkisabune kuburyo yarangira nkabombo kweri!!hhhhhhha babanje see bakagura umukinnyi muri Vita crebe tukemera

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *