Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yoherereje Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, nyuma y’aho uyu arahiriye manda ye gatandatu, na nyuma y’ibihano Amerika iherutse gufatira bamwe mu bayobozi ba Uganda bibabuza gukandagira ku butaka bwa Amerika nyuma yo kubashinja ibikorwa byo kubangamira demokarasi mu gihe cy’amatora rusange yo muri Mutarama 2021.
Perezida Museveni yatangaje ko yakiriye ubu butumwa bwa mugenzi we, Joe Biden. Mu butumwa yanyujije kuri twitter kuri uyu wa Kabiri, ariko butasobanuye birambuye ibikubiye mu butumwa yohererejwe, yavuze ko ubwo butumwa bwazanwe na Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Uganda, Natalie Brown, ubwo bahuraga baganira ku bibazo by’inyungu rusange z’ibihugu byombi.
Museveni ati “ Nagiranye inama na Ambasaderi wa USA muri Uganda, Nyakubahwa Natalie Brown, mperekejwe na Ambasaderi Adonia Ayebare. Twaganiriye ibibazo by’inyungu rusange.”
Perezida Museveni yakomeje agira ati “ Yananshyikirije ubutumwa budasanzwe buvuye kuri Nyakubahwa Joe Biden, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika,”

Ibi bije nyuma y’aho Perezida Museveni aherutse kurahirira manda ye gatandatu kuwa Gatatu w’icyumweru gishize nyuma yo kwemezwa ko yatsinze amatora aheruka ku majwi 58%, mu gihe Bobi Wine bari bahanganye, kandi byakunze kuvugwa ko ashyigikiwe na Amerika yagize 35%.
Mu ijambo yavuze icyo gihe, Perezida Museveni yatanze urugero rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, agaragaza ko ibihugu bya Afurika nabyo bishobora gukora igihugu kimwe kikaba igihangange. Yananenze ibihugu byo mu burengerazuba abishinja kwivanga mu bibazo bya Afurika, ngo rimwe na rimwe bikagira ingaruka mbi nk’ibyabaye muri Libya, aho yemeje ko iyo Afurika ikorera hamwe Libya iba itarisanze mu bibazo irimo.
Yagize ati “ Twarinda Afurika dukoreye hamwe. Hakenewe kubaka Leta Zunze Ubumwe za Afurika. USA ikomeye ni igihangange kubera ubumwe bwa leta nyinshi.”
Muri Mata nibwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ibihano byo kwima visa bamwe mu bayobozi ba Uganda zishinja kubangamira inzira ya demokarasi no mu gihe cy’amatora yabaye ku itariki 14 Mutarama 2021 nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umunyamabanga wa Leta, Antony Blinken rivuga.
Mu gusubiza, Guverinoma ya Uganda yateye utwatsi ibyo USA zivuga ivuga ko bishingiye ku makuru y’ibinyoma no kutumva neza ukuri kwa politiki ya Uganda.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



2 Responses
Ni ibiki bikubiye mu butumwa budasanzwe Perezida Biden yoherereje Museveni ?
Museveni nanje ndamushigikiye ariko ahe ubwigenge bagenzi be babanyapolitike.
Ndipfuzananje ko habaho Reta zunze ubumwe za Afurika.
Ni ibiki bikubiye mu butumwa budasanzwe Perezida Biden yoherereje Museveni ?
Museveni nanje ndamushigikiye ariko ahe ubwigenge bagenzi be babanyapolitike.
Ndipfuzananje ko habaho Reta zunze ubumwe za Afurika.