Ni ibyishimo muri RDC nyuma y'abantu 1000 bamaze gukira Ebola bagasubira mu ngo

Sangiza iyi nkuru

Amashami y’Umuryango w’Abibumbye ya OMS na UNICEF yishimiye intambwe yatewe, aho abantu 1000 bamaze gukira icyorezo cya Ebola mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo.

Aba bose ni abavurirwaga mu bigo bitandukanye, bahawe uburenganzira bwo gusubira iwabo mu ngo nyuma yo gusanga nta kibazo bagifite.

Inkuru ya BBC ivuga ko muri Kanama 2019 ari bwo abambere bakize iki cyorezo batangiye gutangazwa.

David Gressly uyoboye ibikorwa byo kurwanya Ebola muri ONU yavuze ko abakize baha ikizere abakozi bari mu bikorwa byo guhangana n’iki cyorezo.

Kuva mu 2018 ni bwo icyorezo cya Ebola cyatangiye kwibasira igice cy’Iburasirazuba bwa Congo, gitwara ubuzima bw’abasaga 2000.

Uduce twagaragayemo abarwayi ba Ebola ni Alimbongo, Ariwara, Biena, Bunia, Goma, Kalunguta, Kayna, Komanda, Kyondo, Lolwa, Lubero, Mambasa, Manguredjipa, Masereka, Musienene, Mutwanga, Mwenga, Nyankunde, Nyiragongo, Oicha, Pinga, Rwampara, Tchomia na Vuhovi (Raporo ya OMS yo ku wa 12 Nzeri).

Ibikorwa by’ubuvuzi no kugikingira byagiye bikomwa mu nkokora n’umutekano muke wahagaranze nk’aho imitwe yitwaje intwaro yagiye igaba ibitero aho kivurirwa, imyumvire y’abaturage batemeraga ko icyorezo kibaho ndetse n’ibikorwaremezo bike byakerezaga ubufasha.

Mu bikorwa byo kurwanya iki cyorezo ni byinshi byagezweho harimo urukingo rwakozwe bivugwa ko rukora ku gipimo cya 97 %, rukaba rumaze kurengera abantu 226,000.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) ryatangaje ku wa 12 Nzeri 2019 ko bagaragayeho ibimenyetso bya Ebola harimo 2980 bemejwe nyuma yo gupimwa. Muri aba bose, hapfuyemo 2074, gusa na nyuma y’iki gihe hari abandi barwayi bashya bake bagiye batangazwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *