Niger: Uwahoze ari inyeshyamba yashinze umutwe ugamije gusubiza Bazoum ku butegetsi

Sangiza iyi nkuru

Rhissa Ag Boula wahoze akuriye inyeshyamba z’umutwe w’aba-Touareg, yamaze gushinga umutwe witwaje intwaro ugamije gusubiza ku butegetsi Mohamed Bazoum wahoze ari Perezida wa Niger.

Ku mugoroba wo ku itariki ya 08 Kanama ni bwo Boula yatangaje ko yashinze uriya mutwe yise Conseil de la résistance pour la République (CRR).

Uyu wanabaye Minisitiri w’ubukerarugendo muri Guverinoma ya Niger yise “igisebo n’abagambanyi” abarimo GĂ©nĂ©ral Abdourahamane Tchiani wahiritse ubutegetsi bwa Perezida Mohamed Bazoum mu byumweru bibiri bishize.

Byari mbere yo gusaba Ingabo za Niger guta muri yombi Gen Tchiani n’agatsiko k’abasirikare bamufashije kwigomeka.

Rhissa Ag Boula mu itangazo rye yanamaganye “imyifatwarire igayitse ya bamwe mu bagize agatsiko [kahiritse ubutegetsi] ndetse no kuba bari kugerageza kwitabaza abarwanyi bo mu mutwe w’abacancuro wa Wagner.”

Yavuze ko we na CCR ye bazatanga ibyo bafite byose kugira ngo Mohamed Bazoum asubire mu nshingano ze, mbere yo gushimangira ko ashyigikiye umuryango wa CEDEAO n’abafatanyabikorwa bawo mu mugambi bafite wo gukoresha ingufu za gisirikare kugira ngo uriya wahoze ari Perezida wa Niger asubirane ubutegetsi bwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *