Abana n’abakozi barenga 300 biravugwa ko bashimuswe mu ishuri ry’Abagatolika muri Nigeria muri iki cyumweru, muri bumwe mu bushimusi bukabije bwigeze bukorwa aho hantu.
Ishyirahamwe ry’Abakirisitu muri Nigeria (CAN) ryatangaje kuri uyu wa Gatandatu ushize ko ryazamuye umubare w’abavanywe mu ishuri rya St Mary muri Leta ya Niger, ku wa Gatanu, ugera kuri 315 bavuye ku kigereranyo cya 227 nyuma y’igikorwa cy’ubugenzuzi.
Mu itangazo ryashyize ahagaragara nk’uko tubikesha Reuters, ishyirahamwe ryavuze ko ubu habarwa abanyeshuri 303 n’abarimu 12, bashimuswe bose hamwe baba 315.
Itangazo ryongeraho ko mu mibare mishya harimo abanyeshuri 88 bafashwe bagerageza gutoroka nyuma yo gushimutwa


