Nigeria: Abanyeshuri barenga 300 bashimuswe n’abitwaje intwaro bataramenyekana

Sangiza iyi nkuru

Polisi ya Nigeria ikorera mu majyaruguru ashyira Uburengerazuba bw’iki gihugu, yatangaje ko abanyeshuri 317 bo muri kariya gace bashimuswe n’abantu bitwaje intwaro bataramenyekana.

Amakuru avuga ko bariya banyeshuri bashimuswe biganjemo abakobwa, hakaba hamaze gutangira ibikorwa byo kubatabara.

Amakuru y’ishimutwa rya bariya banyeshuri yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi ya Nigeria muri Leta ya Zamfara, Mohammed Shehu, wavuze ko “Ubuyobozi bwa polisi ku bufatanye n’igisirikare bwatangiye ibikorwa byo gushakisha no gutabara abanyeshuri 317 bashimuswe n’amabandi yitwaje intwaro mu ishuri ryisumbuye rya Leta ryigamo abakobwa rya Jangebe.”

Bariya banyeshuri bashimuswe nyuma y’uko mu cyumweru gishize, abandi 42 bashimuswe bavanwe ku ishuri ryigaho abahungu muri leta ya Niger.

Mu Kuboza ho abahungu barenga 300 bashimuswe ku ishuri rya Kankara, muri leta ya Katsina ivukamo Perezida Muhammadu Buhari, ndetse biba mu gihe yari yasuye kariya gace.

Aba bahungu nyuma baje kurekurwa, gusa ibyabaye byateje umujinya binibutsa abana b’abakobwa bashimuswe n’abajihadiste i Dapchi na Chibok muri 2014.

Guverinoma ya Nigeria ntacyo iratangaza kuri ririya shimutwa ryabaye kuri uyu wa Gatanu.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *