Nord Kivu: Imitwe yitwaje intwaro yarekuye abana bagera kuri 40

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’igihe gisaga umwaka, imiryango itegamiye kuri leta muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo isabye ko abana bari mu mitwe yitwaje intwaro muri kiriya gihugu barekurwa, ubu iratangaza ko hamaze kurekurwa abagera kuri 40, hakaba hari icyizere ko n’abandi bazarekurwa nihakomeza ibiganiro.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Tony Kihumbe, umuyobozi uhagarariye imiryango itegamiye kuri leta muri kiriya gihugu, avuga ko aba bana barekuwe n’imitwe itandukanye ikorera muri kariya gace ka Kivu ya Ruguru habaye ibiganiro hagati y’iyo mitwe n’imiryango itegamiye kuri leta ku bufatanye na Geneve, ibi biganiro bikaba byari bimaze igihe gisaga umwaka bikorwa ariko aba bana baranze kurekurwa.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uyu muryango wavuze ko nubwo aba bana barekuwe, ku muri kariya gace hakiri imitwe isaga 10 yitwaje ibirwanisho ikora kandi idahwema kwinjiza abandi bana mu gisirikare ku ngufu.
Tony Kihumbeya komeje avuga ko umubare w’abana bakiri mu maboko y’aba barwanyi utazwi kuko hari benshi baburiwe irengero na nubu io mitwe ikaba igikomeje kwinjiza abandi kandi na yo ikaba ari myinshi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *