Abayoboke barindwi b’ishyaka DALFA- Umurinzi ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Rwanda n’umunyamakuru Theoneste Nsengimana washinze Umubavu TV, barasaba gufungurwa bakaburana bari hanze. Ni mu rubanza ku bujurire ku cyemezo gisaba ko abaregwa bongererwa igihe cyo gukomeza gufungwa by’agateganyo. Sylivain Sibomana ufatwa nk’ukuriye itsinda, yakunze kwikoma urwego rw’ubutabera mu Rwanda, ngo “Niba mutubahiriza amategeko, muyakureho.” Yakunze kwifatira ku gahanga ubushinjacyaha, umucamanza amusaba kudasesereza inzego. Hari uwitwa Hamada na we wavuze ko urubanza rwe nk’urw’Ikirura n’umwana w’intama. Theoneste na we yavuze ko akwiriye kuba agira ibyo abazwa na RMC aho kuba ari mu nkiko. Aba bose bavuga ko ubushinjacyaha bw’u Rwanda bubafunze mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ubushinjacyaha bwasabye abaregwa kugorora imvugo bakoresheje, bakiregura batazengurutse ibyo baregwa. Bwabibukije ko buhagarariye inyungu za rubanda mu rukiko. Ubushinjacyaha bwo burasaba ko bongererwa igihe cyo kubafunga by’agateganyo mbere y’uko urubanza rwabo rutangira mu mizi. VOA yakurikiranye uru rubanza ivuga ko ubushinjacyaha bubarega ibyaha byo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda. Bukavuga ko iyo biregura bivugira ibindi. Urukiko rwavuze ko ruzafa icyemezo kuwa 2 Gashyantare 2022.


