Tariki ya 2 Ukuboza 2020, hakozwe icukumbura ry’ibanze ry’amashusho byavuzwe ko yafashwe n’umunyamakuru wa Ghetto TV ubwo umukandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, Depite Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) yiyamamazaga, bimwe mu bitangazamakuru byerekana ko umurinzi we witwa Nobert Elba Ariho yashatse kumwica.
Bobi Wine yiyamamarizaga mu Karere ka Kayunga tariki ya 1 Ukuboza 2020, aho yari ari haterwa agacupa kabamo ibyuka biryana mu maso (teargas canister) katuritse nka gerenade, kagakomeretsa abarimo umupolisi umurinda, ASP Willian Kato na Dan Magic umutunganyiriza umuziki.
Chimp Reports yifashishije amashusho, yatangaje ko uwateye aka gacupa yari yambaye agapira k’umukara n’amataratara yijimye, byumvikanisha neza ko ari Norbert Ariho.
Norbert Ariho ni umurinzi Bobi Wine yizera
[Icyitonderwa: Kuri uyu wa 2 Ugushyingo 2020, Bobi Wine yasobanuriye ku rubuga rwa Facebook ko imbuga za Ghetto TV zibwe. Ati: “Mu ijoro ryakeye, rumwe mu mbuga zacu za Facebook rwa Ghetto TV rwaraye rwibwe, ibyari biriho birasibwa. Twashyizeho urundi rufite izina rya Ghetto Media.]
Iki gitangazamakuru cyatangaje kandi ko amakuru gikura mu bapolisi, avuga ko mu gihe iperereza rigikomeje Norbert Ariho ashobora gutabwa muri yombi, gusa nticyabashije kuvugana n’Umuvugizi wa Polisi, Fred Enanga kugira ngo agihamirize aya makuru.
Andi mashusho yavuye mu icukumbura ryimbitse, yerekanye ibindi
Andi mashusho yafashwe n’umunyamakuru wa Televiziyo ya NBS witwa Canary Mugume muri uku kwiyamamaza kwa Bobi Wine, yagaragaje ibihabanye n’ibyatangajwe mbere.
Muri aya mashusho, NBS yakoze ubusesenguzi yerekana uburyo Nobert Ariho wambaye nk’uko Chimp Reports yabisobanuye, ari inyuma y’imodoka iri inyuma ya Bobi Wine, yegereye ikirahuri cyateweho aka gacupa.
Muri ubu busesenguzi cyakoze cyifashishije amashusho, cyerekana ko aka gacupa karashwe n’imbunda, ku modoka Nobert Ariho yari yegereye areba mu ruhande Bobi Wine arimo. Nk’uko bigaragara, ubwo katerwaga, Ariho na we yarikanze, asa n’uhunze.
NBS mu makuru yahawe n’anashinzwe umutekano, yasobanuriwe ko aka gacupa kabamo ibi byuka, kakozwe n’ikigo cyo Bufaransa, kakaba karahawe izina rya GM2LSAEA20. Iyo gatewe, gasohora ibyuka byinshi, kandi kagasakuza cyane nka gerenade.
Ubwo Bobi Wine yasubukuriraga ibikorwa byo kwiyamamaza mu turere twa Kibuku, Budaka na Manafwa, Norbert Ariho yari mu barinzi bamuherekeje, ibi bikaba bishimangira ko uyu mukandida amufitiye icyizere na nyuma y’amakuru yamutangajweho.
Norbert Ariho yambaye ‘casque’ itukura n’agapira k’umukara


