Umugabo witwa Benamu mu Mudugudu w’Akanyange, Akagari ka Ndama mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, yasanzwe yapfuye, yimanitse mu gihe muri uwo mudugudu kandi uwitwa Nziyumvira Protais na we yasanzwe yapfuye. Amakuru BWIZA yakuye ahantu hizewe avuga ko imirambo wa Benamu na Nziyumvira yabonetse kuwa 8 Nyakanga 2022. Isoko y’amakuru yacu yagize iti ” Benamu yari ari mu kigero cy’imyaka 28. Yasanzwe yimanitse mu mugozi yamaze gupfa.” Muri uwo mudugudu kandi ninaho uwitwa Nziyumvira Protais yasanzwe yapfuye, bikaba bikekwa ko yishwe na murumuna we, Emmanuel Manirafasha. Amakuru atugeraho ariko avuga ko uwo Manirafasha yahakanye kwica Nziyumvira, avuga ko ahubwo yiyahuye. BWIZA yahamagaye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karangazi kuri telefoni ngendanwa ngo agire icyo atangaza ku byagwiririye abo baturage, ntibyakunda.


