Abana bibana bo mu mirenge ya Bushenge, Ruharambuga, Kagano, Kanjongo Rangiro na Karengera mu karere ka Nyamasheeke bavuga ko nubwo bugarijwe n’ibibazo by’inzitane kimwe n’abandi bana bameze nka bo bo mu yindi mirenge y’aka karere, biteguye kubyaza umusaruro ubufasha bahabwa n’ubuyobozi bw’akarere kabo kimwe n’abandi bafatanyabikorwa.
Ibi ni bimwe mu byo abana nk’aba bo mu murenge wa Bushenge batangarije Bwiza.com,nyuma y’ibiganiro bahawe n’ubuyobozi bw’uyu murenge n’ubw’umuryango, Strive Foundation Rwanda usanzwe wita ku mibereho y’abana nk’aba muri iyi mirenge 6 y’aka karere, banahabwa bimwe mu bikoresho bakenera birimo amatara n’imyambaro y’ishuri.
Nk’uko Bwiza.com yabitangarijwe na Ruzibiza Léopold, ushinzwe gahunda y’ibikorwa muri uyu muryango, ngo ibibazo by’aba bana ni byinshi cyane aho bamwe baba batagira n’aho baba kubera ko ababyeyi babo baba barabasize mu nzu zishaje cyane, kutabona ibibatunga, abafite inzu bakaba batagira amashanyarazi abana bakabura uko biga,n’ibindi ari yo mpamvu hari ubufasha babagenera kugira ngo ubukana bw’iyi mibereho mibi baba barimo bugabanuke nubwo bukiri buke ugereranije n’ibyo bakeneye.
Yagize ati ” ibibazo by’aba bana ni byinshi ntitwanabirangiza uko bingana cyangwa nk’uko babyifuza ku kigero bifuza ho ariko nk’ubu twabazaniye amatara abafasha kumurika kuko hari abana benshi batubwiye ko bacana udutadowa imyotsi yatwo ikabatera ibindi bibazo,hari abacana ibishirira kubera kubura peteroli ,n’ibindi bakabura uko biga, nkabona aya matara azabagirira akamaro gakomeye cyane,kuko hari bamwe mu bana bari basigaye bagira amanota ari hasi ya 40% mu mashuri kubera kubura uko biga.’’
Yokomeje agira ati “tubaha n’imyenda y’ishuri kuko bamwe batabasha kuyibona, hari n’bahabwa inka kugira ngo babone amata ikibazo cy’imirire mibi kigabanuke,abo tugerageza kubakira inzu n’ibindi,ariko kubera ko ingorane z’aba bana ari nyinshi,twumva hakwiye uburyo barushaho kwitabwaho kuko hari n’abagira ihungabana rikomeye kubera gutunga ingo bakiri bato kubyakira bikabagora,ari yo mpamvu muri iyi mirenge twagerageje kuhashyira umukozi ushinzwe guhangana n’iryo hungabana,tukagerageza no kuvuza abafite ibibazo bikomeye,gusa kwita ku bana nk’aba bikwiye kuba inshingano ya buri wese wumva uburemere bw’ibibazo byabo’’.
Nyuma yo guhabwa amatara n’imyambaro y’ishuri, bamwe muri aba bana bavuze ko bagiye kuzamura amanota bagiraga mu ishuri kubera ko kutabona uburyo bwo kwiga neza byari ibibazo bibakomereye cyane.
Umwe muri bo yagize ati “twibana turi abana 5 mu nzu kandi ababyeyi bacu bombi bayidutayemo barigendera mu myaka itandukanye. Mama ni we wagiye nyuma ajyana ibintu byose ku buryo nta n’intebe tugira mu nzu. Turira mu mwijima tukanawutaramira mo mbere yo kujya kuryama,nta gasambu tugira duhinga n’imyambaro y’ishuri y’abavandimwe banjye ni ibibazo,ariko ibi bikoresho baduhaye biragabanya ubukana bwabyo,ibindi tuzakomeza kugenda twihangana.’’
Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe imbereho myiza y’abaturage, Mukama Claudette ashimira abafatanyabikorwa babafasha kwita ku bana nk’aba kubera ibibazo usanga baratangiye guhanga na byo bakiri bato,agasaba abana bafite ibi bibazo kugerageza guhangana na byo bitabira umurimo banafata neza ibyo bahabwa nk’ubufasha,banirinda ingeso mbi zishobora kongerera.



Bahuwiyongera Sylvestre/ Bwiza.com


