Nyamata: Abasaga 100 bafatiwe mu tubari barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Abantu basaga 100 kuri uyu wa Gatandatu bafatiwe mu tubari dutandukanye mu Murenge wa Nyamata, mu Karere ka Bugesera, barimo kunywa inzoga birengagije amabwiriza yo gukumira Covid-19.

Aba bantu uko ari 113 bafatiwe ahantu hatandukanye hakira abantu benshi nko mu tubari no muri za motel.

Mu batawe muri yombi, harimo icyenda baturutse mu Mujyi wa Kigali, bari basabye uruhushya rwo kuva mu rugo bagiye gushaka serivisi z’ingenzi.

Mu batawe muri yombi mu mukwabu wo mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu harimo na ba nyiri utubari n’abashinzwe gucunga za motels abarenze ku mabwiriza bafatiwemo.

Iyi nkuru dukesha The New Times iravuga ko tumwe muri utwo tubari twatangaga ibyo kunywa ariko imiryango ifunze.

Ibi byabaye mu gihe utubari twose, haba n’utwo muri za hotel tutemerewe gukora mu rwego rw’ingamba zafashwe zigamije gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19.

Kamwe muri utu tubari kitwa Gahembe Bar, ahazwi nko Ku Gahembe, polisi yahasanze abantu 35 bari kunywa, barimo batanu bari babiyunzeho bavuye I Kigali.

Umuvugizi wa Polisi, CP John Bosco Kabera, yavuze ko ibi bikwiye kubera isomo n’abandi ry’uko hari ibihano biteganyirijwe abarenga ku mabwiriza.

Ati “ Aba bantu baramara amasaha 24 mu kigo cyabateganyirijwe, bacibwe amande harimo n’igikorwa kigomba gukorwa kuri business zabo.”

CP Kabera yaboneyeho kuburira abakoresha nabi impushya zo kugenda baba bahawe bakajya mu bikorwa bibujijwe ashimangira ko nabo bashobora gufatirwa ibihano.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *