Kuri iyi tariki ya 22 Ugushyingo 2019, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, Habineza Jean Baptitse ukurikiranweho kuzimaganya ibimenyetso no gutanga ubuhamya bw’ikinyoma mu rubanza rwa jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Nk’uko RIB imaze kubitangariza ku rubuga rwayo rwa Twitter, Habineza ugiye gushyikirizwa ubushinjacyaha, ubu afungiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Busasamana iri muri aka karere.
Gitifu Habineza akurikiranweho ibyaha yakoze mu rubanza rwo ku wa 30 Nyakanga 2019.
Itangazo rya RIB kuri Twitter: https://twitter.com/RIB_Rw/status/1197788751486955520
Hashize imyaka 25 jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe gusa hari abaturage, abayobozi ndetse n’abanyamadini bakomeje guhishira ibimenyetso ndetse ntibagaragaze aho imibiri y’Abatutsi bishwe iherereye, bigakorwa mu rwego rwo gukingirana ikibaba.


