csm_NYARUGENGE_1RT22321pdf_ed7e9ee29d

Nyarugenge: Akurikiranweho gukomeretsa umugabo we amumennyeho isombe ishyushye

Sangiza iyi nkuru

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyarugenge bwaregeye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge dosiye iregwamo umugore w’imyaka 38, utuye mu murenge wa Kimisagara akarere ka Nyarugenge wakomerekeje umugabo we w’imyaka 40 amusutseho isombe ishushye. 

Icyaha akurikiranyweho yagikoze ku wa 31 Werurwe 2025 ubwo yatetse isombe, imaze kubira ahengera umugabo babanaga asinziriye ayimumenaho, ashya mu mugongo no mu maso umugore ahita yiruka ariko aza gufatwa.

Uregwa yemera icyaha; akavuga ko yabitewe n’umujinya kuko yamusanze yicaye mu kabari asangira n’uwo yita indaya nk’uko iyi nkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ivuga.

Icyaha akurikiranyweho   giteganywa n’ingingo ya 11 y’itegeko nº 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *