Abaturage batuye mu nkengero z’agasantere ka Rugalika gakora ku mirenge ya Rusengena, Kibeho ndetse n’aka Rasaniro mu murenge wa Rusenge, mu karere ka Nyaruguru, bavuga ko batewe impungenge zikomeye n’abantu bizwiko bari mu kato ka COVID-19 ariko bakaba bakomeje gutembera mu baturage ntankomyi, bakajya mu mirimo yabo ya buri munsi ndetse no mu tubari tw’ibigage turi mu ngo z’abantu.
Abaturage bavuga ko abo bantu bari kugira uruhare mu gukwirakwiza iyi ndwara, bagasaba ko hafatwa ingamba zo kubakumira.
Umwe mu bamotari (motard) uparika hafi y’ako gasantere ka Rugalika ka yagize ati: “Jyewe ubwanjye naramwiboneye atembera, ava muri butike (boutique) ajya mu yindi kandi ndabizi neza ko ari mu kato.”
Undi musore ucururiza muri ako gacentre na we yabwiye Bwiza ko hari umusore waje kumureba kandi ari mu kato. Yagize ati: “Yasanze ndyamye ntitwabonanye.”
Esperance twasanze hafi y’agasantere ka Rasaniro nawe aragira ati: “Ahubwo uwadupima yasanga twese turwaye. Jyewe ubwanjye nahuye na we. Ahubwo ndumva mbabara mu muhogo. Ubanza nafashwe.”
Andi makuru avuga ko hari umugore utuye mu kagari ka Raranzige, agasantere ka Rugalika kabarizwamo, babonye ari gukura ibijumba mu murima kandi ari mu kato.
Umuyobozi w’akarereka Nyaruguru, Habitegeko François, avuga ko ibyo bintu ari bibi cyane, agasaba abaturage gutanga amakuru.
Yagize ati: “Iyo mico ni mibi. Babasubizeyo kandi batange n’ayo makuru. Umuntu usohoka akajya kwanduza abandi kandi ntacyo yabuze wamufata ute? Abantu bari kwifata nabi ntibubarihize ingamba zo kwirinda. Ni ikibazo. Twashyizeho uburyo bwo kubafasha ku buryo babonera ibyo bakeneye byose mu ngo zabo. Hari komite z’ubuzima ku mudugudu zifasha abo bantu bari mu kato kubona ibyo bakeneye badasohotse. Turigukoresha n’ibikomo electronique tubambika tukamenya ko batavuye mu rugo. Gusohoka kandi uri mu kato ni ugukora ibibujijwe.”
Mu minsi ibiri ishize (ku ya 23 na 24 Gashyantare 2021), muri Nyaruguru habonetse abarwayi ba COVID-!9 bagera kuri 34. Muri iyi minsi ibiri ikurikiranye, Nyaruguru ikaba iri kuza ikurikiye umujyi wa Kigali mu kugira ubwandu bwinshi kandi bwiyongera buri munsi.


