soldiers-from-the-malawi-defence-force-stand-in-formation-b92234-1024

Nyuma ya SANDF, MDF na yo yemeje ko hari abasirikare bayo bishwe na M23

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Malawi kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Mutarama, cyatangaje ko hari abasirikare batatu bo mu ngabo zacyo biciwe mu mirwano n’inyeshyamba za M23.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Malawi (MDF), Major Emmanuel Calvin Mlelemba, yavuze ko abo basirikare “bapfuye ubwo barimo bakora umukoro wabo, mu mirwano n’umutwe wa M23 ukorera mu burasirazuba bwa RDC.”

Malawi, Afurika y’Epfo na Tanzania bifite ingabo muri Congo byohereje mu butumwa bw’umuryango wa SADC bwo kuhagarura amahoro buzwi nka SAMIDRC.

Ingabo z’ibihugu zombi kuri ubu ziri gufasha Ingabo za RDC (FARDC) mu mirwano zihanganyemo n’inyeshyamba za M23.

Amakuru avuga ko babiri mu basirikare ba Malawi biciwe mu mirwano yabereye muri Sake ku wa Gatanu tariki ya 24 Mutarama, mu gihe undi umwe yishwe mu cyumweru cyashije.

Usibye Malawi, Afurika y’Epfo na yo yemeje ko hari abasirikare bayo batatu biciwe mu mirwano yo muri Sake.

M23 imaze iminsi iburira ingabo ziri muri SAMIDRC ndetse na MONUSCO izisaba kutivanga mu mirwano ikomeje kuzisakiranya n’ihuriro ry’ingabo zirimo iza FARDC, iz’u Burundi, FDLR n’abacanshuro b’Abanyaburayi.

Uyu mutwe uheruka gutangaza ko ufite gahunda yo gufata Umujyi wa Goma, waburiye ingabo za SADC ko nizikomeza kwishora muri iyi mirwano uzazirasaho.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *