Nyuma yo kwica Osama Bin Laden, ubu USA irashakisha umuhungu we

Sangiza iyi nkuru

Urwego rushinzwe ubutasi bwa Leta zunze ubumwe za Amerika bwatangaje ko bufite ku rutonde rw’umukara (liste noir), Hamza Ben Laden, umuhungu wa Bin Laden, nk’umwe mu bo bafite ku rutonde rw’abiyahuzi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uru rwego rwa USA, rwatangaje ibi kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Mutarama 2017, ko Hamza Ben Laden w’imyaka 25 y’amavuko nawe ubu ari inyuma y’ibikorwa by’ubwiyahuzi bwa al-Qaida, bishobora kuba byakorwa muri USA n’ahandi ku isi.
Muri 2014, Hamza bin Laden nibwo yinjijwe ku mugaragaro mu banyamuryango ba al-Qaida na Ayman al-Zawahiri, wasimbuye se nyuma yo kwicwa na USA.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Mu mwaka wa 2011, nibwo abasirikare kabuhariwe ba USA bishe Osama Bin Laden, nyuma yaho bitangarijwe ko uyu muhungu we nawe yinjiye ku mugaragaro muri al-Qaida , yatangaje ko afite intego yo kuzahorera se.
USA ikaba itangaza ko ubwo Osama yicwaga uyu mwana we atabarizwaga mu bikorwa by’iterabwoba bwa al-Qaida , ubu akaba akomeje kubigaragaramo mu bihugu bitandukanye, ndetse ari nako na USA ubu imuhiga.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *