Umuhanzi w’Umunya-Nijeriya, Stanley Didia uzwi ku izina rya Omah Lay yatangaje ko anywa urumogi gusa.
Omah Lay uri i Paris mu Bufaransa aho yitabiriye ibirori bya Paris Fashion Show, yagaragaye afite itabi.
Umunyamakuru umwe wari uhari yahise amwegera amubaza niba akeneye ikibiriti ngo aricane.
Mu gusubiza, Omah Lay yagize ati: “Ntabwo nkeneye ikibiriti. Sinywa itabi, nywa urumogi gusa. Iri tabi ni umutako.”
Aya magambo ya Omah Lay yakomeje gukurura ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga abantu benshi batanga ibitekerezo bitandukanye ku mwanzuro we wo kwifatira ku rumogi aho kunywa itabi risanzwe.


