OMS iraburira ibihugu bihana imbibi na RDC kubera icyorezo cya Ebola cyahagaragaye

Sangiza iyi nkuru


Umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) utangaza ko waburiye ibihugu icyenda bihana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagaragayemo icyorezo cya Ebola, ko byafata ingamba kare byirinda ko cyabigeramo.

Uyu muryango utangaje ibi mu gihe muri Congo hongeye kugaragara abantu bafashwe n’iki cyorezo cya Ebola, ariko ko hakiri kare ngo kibe cyakwira cyane mu bindi bihugu, ariko na none ngo ntabwo ari icyo kujenjecyerwa.

Nk’uko BBC ibitangaza, ngo kugeza ubu hari abantu basaga 10 bafashwe na Ebola mu Ntara ya Equateur.

OMS ivuga ko yizeye idashidikanya ko Leta ya Congo izemera ko hakoreshwa urukingo rurimo kugeragezwa mu buryo bwo gukumira iki cyorezo gikunze kwibasira ibihugu bya Afurika y’i Burengerazuba.

Mu 2014 abantu barenga ibihumbi 11 bahitanwe n’icyorezo cya Ebola mu Burengerazuba bwa Afurika.

carte congo rdc

YouTube player

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *