Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita buzima, OMS iraburira ibihugu byo mu karere ko hari gukwirakwizwa imiti ya kanseri ibiri Avastin (bevacizumab) na Sutent (sunitinib malate) itujuje ubuziranenge.
Ubu bwoko bw’imiti buri gushyirwa mu majwi bwatangajwe n’uyu muryango, ibihugu nka Kenya n’ibindi bigize Afurika y’i Burasirazuba bikaba biri kuburirwa kuko iyi miti iri gukwirakwizwa ku isoko rihuza ibi bihugu nkuko bigaragara mu kinyamakuru Standard Media cyandikirwa muri Kenya.
Itangazo ry’uyu muryango riragaragaza ko iyo miti yiganwe ari Avastin (bevacizumab) na Sutent (sunitinib malate) nkuko byavumbuwe n’ikigo gishinzwe iby’imiti muri Uganda muri Nyakanga uyu mwaka wa 2017.
Igira iti “ Mwitondere iyi miti ibiri yitwa ko ivura kanseri-OMS iburira ibihugu byo mu karere.”
Iyo miti yari yaratanzwe mu bigo bitandukanye bivura kanseri i Kampala nkuko iri tangazo ryasohotse tariki ya 18 Kanama 2017 rikomeza ribigaragaza.
Ni muri urwo rwego abaganga n’abarwayi baburirwa ku bijyanye n’iyi miti ngo birinde kuyigura no kuyitanga, kuko itandukanye n’idafite ibibazo yakorewe mu nganda zizwi [ IZIHE NGANDA ZIZWI N’IZITAZWI ?].
Ibihugu byo mu karere birasabwa gukora ibishoboka iyi miti ntizigere ikoreshwa mu bitaro, za Clinique, ibigo nderabuzima, abarangura banini n’abatoya, za farumasi n’abandi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Imibare igaragazwa na Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda, ni uko kanseri ari indwara ya gatatu yica abantu benshi muri iki gihugu nyuma y’indwara zandura n’iz’umutima. Izi ndwara ziharira 60% by’abantu bapfa muri iki gihugu. Kanseri muri iki gihugu ihitana abantu basaga ibihumbi 27 ku mwaka.
Inganda bizwi ko zikora iyo miti zatangaje ko iyo iri ku isoko yagaragaye atari iyazo.
Avastin ni izina ry’umuti ukorwa n’uruganda Roche/Genentech uvura uburwayi butandukanye bwa kanseri nk’iy’impyiko, ibihaha, inkondo y’umura n’imiyoborantanga.
Nyuma yo kwiganwa, uyu muti bigaragara ko ukorwa n’uruganda AstraZeneca rwawiganye, nyuma rwawupfunyitse mu macupa ya pulasitiki afite ibara ry’ubururu n’umwura(blue or grey tablets) kandi w’ibinini.
Umuti nyawo w’uruganda rwa Avastin utangwa mu buryo bw’inshinge ziterwa mu mitsi.
Ubwoko bw’umuti wa Sutent, ukoreshwa mu kuvura urwagashya ukorwa n’uruganda rwa Pfizer mu gihe bigaragara ko uwiganwe ukorwa n’urwitwa AstraZeneca (Astrazeneca). Uwiganwe uri mu macupa y’ubururu n’umwura, mu gihe umuzima ukorwa n’urwa Sutent wo mu bwoko bw’ibinini.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
OMS isoza ivuga ko ari iby’ingenzi gukoresha imiti yatanzwe mu buryo nyabwo. Ikomeza isaba ko mu gihe hari ubonye uwo muti, agirwa inama yo kureba ababisobanukiwe bakagaragaza ukuri kwayo kandi ikibazo kikageza ku nzego z’ubuzima zibishinzwe.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus/bwiza.com


