OMS yavuze ko urubyiruko ruri gutuma ubwandu bwa Covid-19 bwiyongera

Sangiza iyi nkuru

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima(OMS) rirasaba ibihugu kongera ubukangurambaga bwo kurwanya Covid-19 mu rubyiruko. Ni nyuma y’aho ubushakashatsi yakoze bwagaragaje ko urubyiruko rurimo gutuma ubwandu bushya bw’icyorezo bw’iyongera.

Ingingo zigaragazwa n’ubu bushakashatsi, zivuga ko nko ku mubane w’i Burayi umubare munini w’abandura ari urubyiruko ruri hagati y’imyaka 18-30.

Minisitri w’Ubuzima mu Bwongereza yabwiye abakoze ubu bushakashatsi ko, akenshi urubyiruko rugenda nta mpamvu zigaragara rugiyemo, ibi bikaba bibongerera ibyago bikomye byo buba bahura n’abanduye Covid-19 mu buryo bworoshye.

OMS yakomeje isaba ibihugu kongera ubukangurambaga ku rubyiruko, aho igaragaza ko nyuma ya Guma mu Rugo, urubyiruko rwatekereje ko Icyorezo cyarangiye ikaba ariyo mpamvu irimo kongera umubare munini w’ubwandu bushya bwa Covid-19 mu bice bitandukanye by’Isi.

Ejo ku wa kabiri, Sena y’igihugu cy’u Butaliyani yatoye itegeko risubizaho ibihe bidasanzwe muri iki gihugu.Ni nyuma yaho Minisitiri w’Intebe, Giuseppe Conte atangaije ko ubwandu bushya bwongeye kwiyongera mu bihugu bituranyi nk’Ubufaransa na Espagne.

Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima mu Budage Lothar Wieler yabwiye abashakashatsi ko ubwandu burimo kongera gufata indi ntera mu bice bimwe na bimwe by’u Budage. Lothar yakomeje avuga kourubyiruko rurimu bantu bafatwa barenze ku mabwiriza yo kurwanya iki cyorezo.

Ikigo Robert Koch Institute (RKI) gikora ubushakashatsi kuri Covid 19, giherutse gutangariza itangazamakuru ko Ubudage bwajenjetse mu kubahiriza ingamba zo guhashya Korona Virusi zirimo Gukaraba intoki no guhana intera. Mu Budage kandi ku munsi wo ku cyumweru handuye abagera ku 3,611

Mu bindi bihugu by’uburayi nk’u Bugiriki, u Bubiligi n’u Bufaransa naho hakomeje kugaragara ubwiyongere bukabije bwa koronavirusi.

Minisitiriw’Ubuzima mu Bufaransa, Olivier Véran yavuze ko ibihugu byose byo ku Isi bikwiye kudateshuka mu ngamba zifatwa zo guhangana n’icyorezo.

OMS yasabye urubyiruko gukomeza kumva ko ingamba zo guhangana na Covid-19 zitareba abakuze gusa, bityon’abakiri bato bagomba kuzubahiiza uko zakabaye.

Kugeza ubu abamaze kwandura Covid-19 bagera kuri miliyoni 16.7, abamaze gukira bagera kuri miliyoni 9.76 naho abamaze guhitanwa nayo ni ibihumbi 661.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *