Umuyobozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) yijeje abatuye Isi ko mu myaka itarenze 2, icyorezo cya korona Virusi kizaba cyacitse burundu.
Mu kiganiro yatangiye i Genève mu Busuwisi ejo ku wa Gatanu, Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus yavuze ko ashingiye ku rugero rw’icyorezo cy’ibicurane cyiswe ‘Spanish flu’ cyo mu mwaka wa 1918 cyatwaye imyaka ibiri ngo kirangire. Avuga ko kuri ubu Isi ifite iterambere mu ikoranabuhanga rishobora gufasha abayituye gukemura ikibazo cya Covid-19 mu huryo bwihuse.”
Yagize ati: “Birashoboka ko ikoranabuhanga dufite ubu rishobora kugira uruhare mu ikwirakwira rya Covid-29, ariko nanone dufite n’ikoranabuhanga ry’ubumenyi buhanitse bushobora kuyihagarika byihuse”
Dr. Tedros kandi yashimangiye ko ari ngombwa ko habaho ubumwe bw’ibihugu n’ubufatanye mu gufasha OMS guhashya vuba iki cyorezo cyibasiye Isi muri iki gihe.
Agaruka ku bibazo byagiye bigaragara ko bibangamiye guhangana n’iki cyorezo harimo n’uburiganya bugaragara mu gutanga ibikoresho byo guhangana n’iki cyorezo, Dr. Tedros yavuze ko uburiganya bwose bukigaragara ahanini bushingiye kuri ruswa, ibi bigatuma zimwe muri serivisi zo guhangana n’icyorezo zidindira. Yavuze ko ruswa ari icyaha gihanwa na Leta zose z’ibihugu, bityo ko uyitanze n’uyihawe ibihano biba bimutegereje.
Yagize ati: “Uriganya ibikoresho byo kurwanya iki cyorezo yagakwiye guhanwa nk’undi mwicanyi wese”
Ibibazo bya ruswa ivugwa mu itangwa ry’ibikoresho, yagaragaye cyane mu bihugu ya Afurika y’Epfo, Kenya n’Aziya y’Iburasirazuba, iki kikaba ari ikibazo cyagaragajwe na OMS nk’imbogamizi mu guhangana na Covid-19 mu buryo bwihuse.
Umuyobozi wa OMS yavuze ko mu ntego bihaye kandi bizera ko izashoboka ari uko bitarenze mu mwaka 2022, icyorezo cya Covid-19 kizaba kitakibarizwa mu Isi.
Kugeza ubu ku Isi Covid-19 imaze kwica abantu bagera hafi ku 800,000, naho abarenga miliyoni 22,9 barayanduye, nk’uko imibare ya Kaminuza ya Johns Hopkins yo muri Amerika ibigaragaza.


