462237470b8c4878bc196b15b69adabb_lg

P-Diddy yakatiwe gufungwa imyaka 4

Sangiza iyi nkuru

Umuhanzi w’Umunyamerika Sean Combs, uzwi cyane ku izina rya Diddy, yakatiwe gufungwa imyaka isaga 4 muri gereza ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’urubanza rumaze igihe ruvugwa cyane mu bitangazamakuru.

Urubanza rwasojwe ku wa Gatanu tariki ya 3 Ukwakira 2025, n’umucamanza Arun Subramanian, wasomye icyemezo cyo kumuhanisha amezi 50 y’igifungo (ari hejuru gato y’imyaka 4). Ibi birenze kure ibyo abunganira Diddy bari basabye, kuko bari babwiye urukiko ko yakatirwa amezi 14 gusa, mu gihe abashinjacyaha bo bari basabye ko ahabwa imyaka 11.

Uretse igifungo, Diddy yanasabwe kwishyura amadolari ibihumbi 500 (arenga miliyoni 600 Frw), amafaranga agomba gufasha mu kwishyura igiciro cy’imfungwa.

Mu gihe yasomaga urubanza, umucamanza yavuze amagambo akomeye yagaragazaga ko yumvise ubuhamya bw’abagore barimo Cassie Ventura, bahagarariye abandi batanze ubuhamya bw’ibyo bise “ibikorwa bibi” bakorewe. Ati: “Kuri Cassie Ventura n’abandi bose bagize ubutwari bwo kuza imbere y’urukiko, turabashimira. Twarabumvise.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *