Ubugizi bwa nabi bwadutse kuwa Gatandatu wa kabiri ubwo ibihumbi by’Abafaransa byongeraga kwigabiza imihanda mu myigaragambyo yo kwamagana itegeko rishya rigenga ibijyanye n’umutekano.
Benshi mu bigaragambya babanje kwigaragambya mu mahoro mu murwa mukuru w’u Bufaransa, Paris, mbere y’uko haduka guhangana gukomeye hagati y’abapolisi n’abigaragambya biganjemo abari bambaye umukara, barimo abari bipfutse mu maso.
Bamwe mu bigaragambya bakoresheje ibikoresho bitandukanye mu kumena amapave yubakishijwe imihanda, abandi batera abapolisi ibintu bitandukanye, nabo bitabaza ibyuka biryana mu maso nk’uko byagenze mu myigaragambyo yo kuwa Gatandatu ushize abaturage bamagana itegeko rishya rigenga ibijyanye n’umutekano ribuza gushyira ku karubanda amafoto y’amasura y’abapolisi.

Iyi nkuru dukesha Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, iravuga ko iyi myigaragambyo iba mu mpera z’icyumweru yazamuwe n’iyicwa ry’umu producer w’umwirabura mu kwezi gushize, imaze kuba iteshamutwe kuri Guverinoma ya Perezida Emmanuel Macron.
Abagize muvoma y’abambara udukoti tw’umuhondo banyeganyeje Perezida Macron mu myigaragambyo ikaze yamaganaga ubusumbane mu Bufaransa hagati y’2018 na 2019, na bo bari muri iyi myigaragambyo.
Amadirishya y’amasoko agezweho, ay’ibigo, amabanki na yo yajanjaguwe mu gihe imodoka nyinshi zashumitswe zigakongoka ku muhanda wa Gambetta, ubwo abigaragambya bateraga intambwe berekeza ku Rubuga rwitiriwe Repubulika nk’uko bitangazwa na AFP.

Imyigaragambyo y’i Paris ni imwe mu myigaragambyo igera ku 100 yateguwe mu Bufaransa buri wa Gatandatu yo kwamagana itegeko rishya ry’umutekano.
Polisi yari yashyize ingufu mu gukumira ibibazo nyuma y’imirwano ikaze yadutse mu myigaragambyo yabereye i Paris mu cyumweru gishize aho abantu benshi bakomeretse.
Amatsinda y’abaharanira ubwisanzure bw’itangazamakuru n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yayoboye imyigaragambyo mu byumweru byinshi kugira ngo guverinoma ikureho cyangwa ivugurure umushinga w’itegeko ryabuza gufata amashusho y’abapolisi, bavuga ko bizagora gukurikirana imanza z’ihohoterwa.
Nyuma y’uko abapolisi bane b’Abafaransa baburanishijwe ku ya 30 Ugushyingo kubera gukubita no guhohotera umu producer wa muzika w’umwirabura witwa Michel Zecler, abadepite bo mu ishyaka rya Macron basezeranyije “kongera kwandika byuzuye” igice cy’umushinga w’itegeko.
Minisitiri w’umutekano, Gerald Darmanin, ku rubuga rwa Twitter yavuze ko kugeza ubu abantu 22 ari bo bamaze gutabwa muri yombi n’abapolisi i Paris, avuga ko bahanganye n’abantu b’abanyarugomo cyane.


