Pererezida Ndayishimiye yavuze igitangaje abona cyazanye Covid-19 na SIDA

Sangiza iyi nkuru

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yavuze ikintu gitangaje abona ko cyaba cyarazanye icyorezo cya Covid-19 cyugarije Isi ndetse n’agakoko gatera SIDA kamaze imyaka gakwirakwira mu bantu.

Nta kindi ngo kitari ubutiganyi, kuko ngo urebye ibihugu byugarijwe cyane na Covid-19 ari byo birimo umubare munini w’abantu bakora ubutinganyi.

Muri videwo yatambutse kuri Mashariki TV, Perezida Ndayishimiye yagize ati: “Hari ikintu Imana itazigera yihanganira. Ndetse njyewe numva ko agakoko ka Coronavirus na SIDA ari cyo cyakazanye. None ko itaza ahantu ibyo by’ubutinganyi bitari? Mugende murebe aho Corona ikaze, ni ho hakaze ibyo bintu by’abagabo barongorana, ibyo bintu by’abagore barongorana.”

Perezida Ndayishimiye yemeza ko umuntu ukora ubutinganyi, ari we watumye abandi barwara Covid-19, akaba atumye no mu Burundi igerayo. Ati: “None uwo muntu umwe si we watumye abantu barwara, none murumva abo bantu atari bo batumye na Corona igera mu Burundi, natwe tugafatwa?”

Gusa ngo n’ubwo Covid-19 yageze mu Burundi, Imana irabarinda ntibapfe. Ati: “Natwe Imana ijya idukungira iti ntimupfa mwebwe nzabarinda.”

Perezida Ndayishimiye wagiye ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu tariki ya 18 Kamena 2020 akunze kugaragaza ibitekerezo bijyanye n’imyizerere y’iyobokamana. Ahamya ko ubuzima u Burundi bubayemo, bubukesha kwizera Imana, ikaba ari nayo iki gihugu gikesha uburinzi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *