Habonetse abandi bantu 217 banduye Covid-19, abandi 2 bapfuye

img-20200824-wa0063.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 24 Kanama 2020 yatangaje ko abandi bantu 217 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 3642 byafashwe, hakaba hapfuye abandi bantu 2. Aba barimo 202 bapimwe mu masoko ya Kigali. Hari kandi 10 babonetse muri Rusizi bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, 2 babonetse mu Karere ka Rubavu, 1 wabonetse […]

Uganda: Museveni yasabye abasirikare basoje ikosi kwirinda inzoga n’indaya (Amafoto)

img-20200824-wa0033.jpg

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, yasabye abasirikare b’igihugu cye barenga 4,000 barangije ikosi kwirinda ubusinzi n’indaya, mu rwego rwo gukora akazi kabo neza. Kuri uyu wa Mbere ku wa 24 Kanama ni bwo Perezida Museveni yayoboye umuhango wo gusoza imyitozo y’abasirikare 4,325 bari bamaze igihe bayikorera mu kigo […]

Byinshi wamenya ku bahowe Imana b’i Buganda bishwe urw’agashinyaguro bazira imyemerere

Abahowe Imana b’i Buganda ni itsinda ry’abantu 45 bo mu idini ya Angilikani n’Abagatolika bishwe ku ngoma ya Kabaka Mwanga, hagati y’umwaka w’1885 n’1887. Abangilikani muri aba bari 23, naho 22 bari Abagatolika. Tariki ya 18 Ukuboza 1964 ni bwo Papa Paul VI yabinjije mu batagatifu Kiliziya Gatolika yiyambaza. Buri Mwaka tariki ya 3 Kanama, […]

Somalia: Bane bakora muri Minisiteri y’Ubuzima bakatiwe bazira kurya inkunga yo kurwanya Covid-19

Urukiko rwo muri Somalia kuri uyu wa 24 Kanama 2020 rwakatiye abakozi bane bo muri Minisiteri y’Ubuzima igifungo kiri hagari y’imyaka 9 na 18 bazira kunyereza inkunga igihugu cyagenewe mu kurwanya icyorezo cya Covid-19. Ku isonga hari Umuyobozi Mukuru w’iyi Minisiteri, Abdullahi Hashi Ali wakatiwe igifungo cy’imyaka 9, acibwa n’ihazabu y’amadolari y’Amerika 2,366. Abandi ni […]

Dore amagambo aharawe n’urubyiruko rw’ubu mu kureshya abakobwa

Ujya uvuga ijambo ndagukunda cyane? Ubusanzwe ijambo ndagukunda ni ijambo buri wese abwirwa akumva arahindutse muriwe bitewe n’ubimubwiye n’ukuntu abantu rihabwa agaciro cyane kuko ridakunze kuvugwa n’ubonetse wese.Icyakora hari andi magambo ushobora kubwira umukunzi wawe akamuryohera kurusha kuvuga Ndagukunda. 1.Aho uzaba hose nzaba ndi kumwe nawe: Wari wabwirwa iri jambo ngo wumve ukuntu riryoha. Si […]

FC Barcelona irasesa amasezerano ya rutahizamu wayo ukomeye

Ikipe ya FC Barcelona kuri uyu wa Mbere, byitezwe ko isesa amasezerano ya ruhahizamu wayo, Luis Suarez, nk’uko bitangazwa n’ibitangazamakuru byo mu gihugu cya Espagne. Suarez yari amaze imyaka itandatu muri FC Barcelona nyuma yo kuyigeramo muri 2014 avuye muri Liverpool yo mu gihugu cy’Ubwongereza, gusa yamaze kubwirwa ko atari mu mibare y’abakinnyi umutoza Ronald […]

Rayon Sports yemeje ko yagurishije Rutanga

Kera kabaye ikipe ya Rayon Sports yemeje ko yamaze kugurisha muri Police FC Rutanga Eric wahoze ari Kapiteni wayo, ku bwumvikane bw’amakipe yombi. Yabitangaje nyuma y’amezi atatu ikipe ya Police itangaje ko uyu musore ukina inyuma ku ruhande rw’ibumoso yamusinyishije. Police FC yemeje ko yasinyishije Rutanga imyaka ibiri ku wa 28 Gicurasi, nyuma y’ukwezi kumwe […]

Urutonde rw’ibihugu 10 bitarageramo Covid-19 ku Isi

Kuva mu mpera za 2019 kugeza ubu Isi yose ihanganye n’agakoko gashya ko mu bwoko bw’udutera ubicurane ka Coronavirus, abahanga mu by’ubuzima bavuga ko iyi ndwara nshya yadukiye mu Bushinwa ifite imbaraga n’ububasha bwo gukwirakwira byihuse ku isi. Ibi binatuma imaze kuzenguraka hafi Isi yose mu gihe kitagera no ku mwaka. Bu bihugu bivugwamo ko […]

Nyaruguru: Urupfu rw’umusaza wasanzwe mu muferege rwabaye amayobera

img-20200824-wa0020_1598273467811.jpg

Ku wa 13 Kanama 2020, Ntitanguranwa Jean Baptiste, bitaga “Premier”, (kubera ko yari afite ipeti rya“premier sergent” mu ngabo za cyera, Ex-FAR) , wari ucumbitse mu mudugudu wa Akabacura, akagari ka Raranzige, umurenge wa Rusenge, akarere ka Nyaruguru, bamusanze mu muferege w’umuhanda yapfuye. Aho yaguye ni mu mudugudu wa Ntanda avukamo, mu kagari kamwe ka […]

Biravugwa ko Perezida wa Koreya ya Ruguru Kim Jong Un arembye bikomeye

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, ibinyamakuru byo muri Koreya y’Epfo bizindutse bitangaza ko Perezida Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru arembye bikomeye . Inkuru ya TMZ ivuga ko Perezida Kim yafashwe n’uburwayi butunguranye kuva mu ntangiro z’uyu mwaka, aho abamukurikiranira hafi bemeza ko igihe cye kinini asigaye akimara mu bitaro. Chang Song-min […]

Gisagara: Minisitiri Shyaka yasize umuti w’ikibazo cy’abajya gushakira ubwatsi bw’amatungo mu Burundi

img-20200823-wa0019_1598264382543.jpg

Kuri uyu wa 23 Kanama 2020, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase yasabye abayobozi mu Karere ka Gisagara gukemura ikibazo cy’abana b’Abanyarwanda baca mu rihumye ababyeyi babo bakajya gushakira ubwatsi bw’amatungo mu Burundi, asiga abahaye umurongo wo kugikemuramo. Ni mu nama yagiranye n’abayobozi kuva ku rwego rw’umudugudu kugera ku rw’Akarere, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri afite […]

Producer Fayzo ufite Se wishwe na Covid-19 yatanze ubuhamya butera benshi intimba

Tuyishimire Faysal Hassan uzwi nka Fayzo Pro yatanze ubuhamya ku buzima bwuje uburibwe se yanyuzemo mbere yo kuba umwe mu bantu 12 bamaze guhitanwa n’icyorezo cya Covid-19 mu Rwanda. Mu bukangurambaga bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, cyatangije bwo gukangurira abantu kwirinda Covid-19 hifashishijwe abayikize n’abayirwaje. Kuri iki cyumweru, Producer Fayzo yatanze ubuhamya burambuye ku buzima […]

Tuyisenge Jacques ushobora kugaruka mu Rwanda yasezeye Petro Atletico

Visi-Kapiteni w’Ikipe y’igihugu Amavubi, Jacques Tuyisenge, yasezeye ikipe ya Petro Atletico de Luanda yo muri Angola, nyuma y’umwaka umwe yari ayimazemo. Muri Nyakanga umwaka ushize ni bwo Tuyisenge yari yasinyiye Petro Atletico amasezerano y’imyaka ibiri, nyuma yo gutandukana na Gor Mahia yo muri Kenya. Yari yaguzwe asaga miliyoni 300 z’amafaranga y’u Rwanda. Tuyisenge yemeje ko […]

RIB yavuze ku makuru yavugaga ko umuvugizi wayo yahunze

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwanyomoje amakuru avuga ko Umuvigizi warwo, Marie Michelle Umuhoza yahunze igihugu, rusobanura ko yagiye kwivuza kandi akaba ameze neza. Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye ziganjemo urwa Facebook na Twitter hakwirakwijwe amakuru avuga ko Mme Umuhoza yahungiye muri Canada we n’umuryango we, bigizwemo uruhare n’abarwanya Leta y’u […]

Burundi: Red Tabara yigambye kwica abapolisi n’Imbonerakure nyinshi

Umutwe wa Red-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, watangaje ko wishe abapolisi icyenda b’iki gihugu n’Imbonerakure zibarirwa muri 20, nyuma yo kugaba igitero ku birindiro byawo biri ahitwa mu Bugarama. Mu itangazo uriya mutwe wasohoye ryashyizweho umukono n’umuvugizi wawo, Augustin Ngenzi, wavuze ko byabaye mu gitondo cyo ku cyumweru tariki ya 23 Kanama. Itangazo riragira riti: […]

Pererezida Ndayishimiye yavuze igitangaje abona cyazanye Covid-19 na SIDA

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yavuze ikintu gitangaje abona ko cyaba cyarazanye icyorezo cya Covid-19 cyugarije Isi ndetse n’agakoko gatera SIDA kamaze imyaka gakwirakwira mu bantu. Nta kindi ngo kitari ubutiganyi, kuko ngo urebye ibihugu byugarijwe cyane na Covid-19 ari byo birimo umubare munini w’abantu bakora ubutinganyi. Muri videwo yatambutse kuri Mashariki TV, Perezida Ndayishimiye […]

Mali: Itsinda ry’abasirikare rirashaka kurekura ubutegetsi nyuma y’imyaka itatu

Itsinda ry’abasirikare riherutse guhirika ubutegetsi muri Mali , ryavuze ko ryifuza kuyobora inzibacyuho y’imyaka 3 no guhita rirekura Perezida Ibrahim Boubacar Keita wari umaze igihe kigera ku cyumweru afungiwe mu kigo cya Gisirikare. Inkuru y’Ibiro Ntaramakuru AFP ivuga ko amakuru atangwa n’umwe mu bahuza boherejwe n’umuryango uhuza Afurika y’Iburengerazuba CEDEAO, agaragaza ko abasirikare bahiritse ubutegetsi […]

Ifungurwa ry’amashuri mu mboni ya UN, kutemeranya ku ngamba zo kwirinda Covid-19, na Guma mu Rugo yikangwa

Icyumweru gishize cyari icya 34 muri 53 bizagira umwaka w’2020. Cyaranzwe n’amakuru yihariye yibanda ku ngaruka ziremereye zatewe n’icyorezo cya Covid-19, ahagaragara kuvuguruzanya no kutemeranya ku ngamba zafashwe mu kucyirinda bitewe n’izindi ngaruka nazo cyazanye, imiryango nka UNICEF yemeza ko ari mbi kurusha uko bamwe babitekereza. Abayobozi bakuru bakomeje guca amarenga ko Guma mu Rugo […]

Neymar yasutse amarira nyuma yo gutwarwa UEFA Champions league na Bayern Munich

Ikipe ya Bayern Munich yegukanye UEFA Champions league ya gatandatu mu mateka yayo, nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma Paris Saint Germain ikinamo Umunya-BrĂ©sil, Neymar Jr, igitego 1-0. Igitego rukumbi cyatsinzwe n’Umufaransa Kinglsey Coman, ni cyo cyafashije Bayern Munich kwegukana igikombe cya UEFA Champions League mu mukino waberaga i Lisbon muri Portugal. Ni umukino […]