Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwanyomoje amakuru avuga ko Umuvigizi warwo, Marie Michelle Umuhoza yahunze igihugu, rusobanura ko yagiye kwivuza kandi akaba ameze neza.
Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye ziganjemo urwa Facebook na Twitter hakwirakwijwe amakuru avuga ko Mme Umuhoza yahungiye muri Canada we n’umuryango we, bigizwemo uruhare n’abarwanya Leta y’u Rwanda.
Umuvugizi wa RIB w’umusigire, Dr. Murangira B. Thierry, yabwiye Igihe.com ko Marie Michelle Umuhoza akiri umukozi wabo wagiye kwivuza, akagenda mu buryo bwubahirije amategeko.
Yagize ati: “Yagiye kwivuza, yari arwaye kandi yagiye mu buryo bwemewe n’amategeko. Ubu turavugana kuko ni umuntu wacu, tuba tugomba kuvugana ngo twumve uko ameze. Yanatubwiye ko amaze koroherwa.”
Umuhoza Marie Michelle yari umuvugizi wa RIB kuva mu kwezi kwa cumi kwa 2019, nyuma yo guhabwa izo nshingano asimbuye Mbabazi Modeste.


