Mali: Itsinda ry’abasirikare rirashaka kurekura ubutegetsi nyuma y’imyaka itatu

Sangiza iyi nkuru

Itsinda ry’abasirikare riherutse guhirika ubutegetsi muri Mali , ryavuze ko ryifuza kuyobora inzibacyuho y’imyaka 3 no guhita rirekura Perezida Ibrahim Boubacar Keita wari umaze igihe kigera ku cyumweru afungiwe mu kigo cya Gisirikare.

Inkuru y’Ibiro Ntaramakuru AFP ivuga ko amakuru atangwa n’umwe mu bahuza boherejwe n’umuryango uhuza Afurika y’Iburengerazuba CEDEAO, agaragaza ko abasirikare bahiritse ubutegetsi bashaka kuyobora inzibacyuho bateganya ko izamara amezi 3, no gushyiraho Guverinoma yiganjemo abasirikare.

Aragira ati: “Aba basirikare bemeje ko bashaka inzibacyuho y’imyaka itatu. Iyo nzibacyuho ikayoborwa n’urwego rukuriwe n’umusirikare, uzaba ari nawe Mukuru w’Igihugu. Guverinoma nayo ikaba igizwe ahanini n’abasirikare.”

Ihirika ry’ubutegetsi muri Mali mu cyumweru gishize ryakurikiye imyigaragambyo yari imaze iminsi isaba Perezida Ibrahim Boubacar Keita kwegura, bamushinja kunanirwa guhashya imitwe y’intagondwa no kunanirwa gukemura ikibazo cy’ubungu bw’igihugu bwari bugeze ahamanuka.

Abahuza b’ibi biganiro by’intumwa za CEDEAO n’itsinda ryabasirikare baherutse guhirika ubutegetsi, bavuze ko abasirikare biteguye kurekura Perezida Ibrahim Boubacar Keita agataha iwe naho Minisitiri w’Intebe Boubou Cisse we azakomeza kuba afungiwe by’agateganyo mu Kigo cya Gisirikare cyo mu murwa mukuru Bamako.

Mu gihe abantu benshi ku isi bamaganye ibyabaye muri Mali, ibihumbi by’abatavugarumwe n’ubutegetsi biraye mu mihanda ya Bamako bishimira ihirikwa rya Guverinoma ya Ibrahim Boubacar Keita badatinya kuvuga ko ntacyo yari ibamariye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *